Abanyarwanda bahatanira kujya muri “Big Brother Africa” (amafoto)

Abanyarwanda basaga 300 bitabiriye icyiciro cya mbere cyo gutoranya abantu babiri bazahagararira u Rwanda mu irushanwa rya “Big Brother Africa” rigaragaza imibanire y’abantu batandukanye kandi benshi mu nzu imwe.

Big Brother Africa ni irushanwa ry’imibanire y’abantu bavuye mu bihugu bitandukanye, bahurizwa mu nzu imwe bakabana mu buzima bwa buri munsi, hakazahembwa uwabaniye bagenzi be neza kurusha abandi akanashyigikirwa n’abareba iyo mibanire yabo kuri za televiziyo kuko ibyo babamo biba bitangazwa kuri televiziyo.

Iri rushanwa rigiye kuba ku nshuro ya cyenda rizitabirwa n’ibihugu 14 bya Botswana, Ethiopia, Ghana, Kenya, Malawi, Namibia, Nigeria, Sierra Leone, Rwanda, South Africa, Tanzania, Uganda, Zambia na Zimbabwe. U Rwanda rugiye kuryitabira bwa mbere rusimbuye Angola yavanywemo.

Abatsinze iri rushanwa barushaho kugaragara mu bitangazamakuru ndetse bakamenyekana cyane mu rwego rw’imyidagaduro, ukwamamaza n’ubucuruzi.

Kigali Today yabagereye aho abahatanaga i Kigali bahuriye, mu cyegeranyo cy’amafoto twafatiwe na mugenzi wacu Daniel Sabiiti.

Aha umwe mu bahatana yari ageze kuri hotel yabereyemo irushanwa/Foto: Daniel Sabiiti
Aha umwe mu bahatana yari ageze kuri hotel yabereyemo irushanwa/Foto: Daniel Sabiiti
Uyu Munyarwanda witwa Frank Joe uba muri Canada nawe yaje i Kigali guhatanira kuzajya muri BBA/Foto:Daniel Sabiiti
Uyu Munyarwanda witwa Frank Joe uba muri Canada nawe yaje i Kigali guhatanira kuzajya muri BBA/Foto:Daniel Sabiiti
Frank Joe yavuze ko yaje mu iri rushanwa yiyizeye, akanashimishwa kandi n'uko hari Abanyarwanda bifitiye icyizere bashaka kuryitabira./Foto:Daniel Sabiiti
Frank Joe yavuze ko yaje mu iri rushanwa yiyizeye, akanashimishwa kandi n’uko hari Abanyarwanda bifitiye icyizere bashaka kuryitabira./Foto:Daniel Sabiiti
Umuhanzi Diane Teta nawe yari mu bahatanira kuzitabira BBA.
Umuhanzi Diane Teta nawe yari mu bahatanira kuzitabira BBA.
Uyu mukobwa ari kwiyandikisha mu baza guhatana
Uyu mukobwa ari kwiyandikisha mu baza guhatana
Uyu mugabo nawe yiyandikishaga ngo ahatane n'abandi bifuza guhiganwa muri BBA.
Uyu mugabo nawe yiyandikishaga ngo ahatane n’abandi bifuza guhiganwa muri BBA.
Umunyarwenya bita Arthur yaganiraga n'umunyamakuru wa Kigali Today ku by'irushanwa BBA yitabiriye.
Umunyarwenya bita Arthur yaganiraga n’umunyamakuru wa Kigali Today ku by’irushanwa BBA yitabiriye.
Uyu muhanzi uzwi ku izina rya Ciney nawe yitabiriye irushanwa.
Uyu muhanzi uzwi ku izina rya Ciney nawe yitabiriye irushanwa.
Frank Joe araganira n'umunyamakuru Cindy ukurikirana imyidagaduro kuri radio imwe ikorera i Kigali.
Frank Joe araganira n’umunyamakuru Cindy ukurikirana imyidagaduro kuri radio imwe ikorera i Kigali.
Aha byari bikomeye, ibazwa ryatangiye, uyu arasubiza ibibazo ngo ashakishe itike yo kumujyana muri Afurika y'Epfo muri BBA
Aha byari bikomeye, ibazwa ryatangiye, uyu arasubiza ibibazo ngo ashakishe itike yo kumujyana muri Afurika y’Epfo muri BBA
Uyu asohotse mu cyumba cya mbere cyaberagamo ibazwa...
Uyu asohotse mu cyumba cya mbere cyaberagamo ibazwa...
Ukurikiraho niyinjire...
Ukurikiraho niyinjire...
Aba ni bamwe mu bategereje ko umwanya wabo ugera bakajya guhatwa ibibazo
Aba ni bamwe mu bategereje ko umwanya wabo ugera bakajya guhatwa ibibazo
Abataragerwaho ngo bajye mu cyumba babarizwagamo babaga bicaye, agatima katari hamwe.
Abataragerwaho ngo bajye mu cyumba babarizwagamo babaga bicaye, agatima katari hamwe.
Benshi mu bitabiriye ibizamini by'i Kigali ni abasanzwe bamenyerewe mu myidagaduro hirya no hino mu Rwanda
Benshi mu bitabiriye ibizamini by’i Kigali ni abasanzwe bamenyerewe mu myidagaduro hirya no hino mu Rwanda
Uyu nawe yaje guhatana ngo azajye mu bahatanira amadolari ibihumbi 300
Uyu nawe yaje guhatana ngo azajye mu bahatanira amadolari ibihumbi 300
Ndakora ibishoboka byose nzagere mu cyiciro gikurikiraho tu! BBA ntinsiga!
Ndakora ibishoboka byose nzagere mu cyiciro gikurikiraho tu! BBA ntinsiga!
Uyu nawe ari mu rugendo rw'abahatanira akayabo no kumenyekana biri muri BBA
Uyu nawe ari mu rugendo rw’abahatanira akayabo no kumenyekana biri muri BBA
Aha umushyushyarugamba Tino n'umunyarwenya Arthur bahabwaga itike ibinjiza mu cyiciro cya kabiri/Foto:Daniel Sabiiti
Aha umushyushyarugamba Tino n’umunyarwenya Arthur bahabwaga itike ibinjiza mu cyiciro cya kabiri/Foto:Daniel Sabiiti
Tino na Ciney barishimira intera yo kujya mu cyiciro gikurikiraho.
Tino na Ciney barishimira intera yo kujya mu cyiciro gikurikiraho.
Buri wese muri aba arashaka kuba umwe mu birangirire bazaseruka muri BBA
Buri wese muri aba arashaka kuba umwe mu birangirire bazaseruka muri BBA
Abanyarwanda b'ibitsina byombi bari babucyereye. Irushanwa nyirizina rizatangira muri Nzeli.
Abanyarwanda b’ibitsina byombi bari babucyereye. Irushanwa nyirizina rizatangira muri Nzeli.

Ahishakiye Jean d’Amour

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka