Abanyarwanda biga ubuvuzi muri Sudani bahuguye abandi banyeshuri mu butabazi bw’ibanze

Abanyeshuri b’Abanyarwanda biga iby’ubuvuzi bw’abantu mu gihugu cya Sudan babinyujije mu mu muryango wabo ARMS (Association of Rwandese Medical Students in Sudan), mu mpera z’icyumweru gishize bahuguye abanyeshuri bagenzi babo 60 mu bijyanye n’ubutabazi bw’ibanze (First Aid) muri kaminuza mpuzamahanga y’Afurika (IUA) ibarizwa mu murwa mukuru wa Sudan, Khartoum.

Umuyobozi wa ARMS, Safari Julius Mubarak, yadutangarije ko ubwo basozaga ayo mahugurwa y’ubutabazi bw’ibanze baboneyeho gufungurira ku mugaragaro ishyirahamwe ryabo ARMS imbere y’ubuyobozi bwa Kaminuza ya IUA ndetse n’ubw’ umuryango utabara imbabare wa Sudani (Sudanese Red Crescent Society) hamwe n’intumwa y’Umuryango Utabara Imbabare wa Norvege (Norwegian Red Cross).

Aha bashyikirizaga inyemezabumenyi abahuguwe.
Aha bashyikirizaga inyemezabumenyi abahuguwe.

Safari Julius Mubarak avuga ko bashinze uyu muryango bagamije guhuza ingufu, ubumenyi ndetse no guteza imbere umuco wo gukorera mu matsinda bakungurana ibitekerezo. Uyu muyobozi w’abanyeshuri b’Abanyarwanda biga ubuvuzi bw’abantu muri Sudani asaba abahuguwe gukoresha ubumenyi bahawe barushaho kwita ku kiremwa muntu.

Julius Mubarak Safari aha ikaze abitabiriye imihango y'uwo munsi.
Julius Mubarak Safari aha ikaze abitabiriye imihango y’uwo munsi.

Yagize ati “Izi mpamyabumenyi muhawe si izo kubika mu bikapu byanyu cyangwa gushyira ku mwirondoro wanyu (CV) gusa. Mukwiye guhora mwiteguye kugaragaza icyo mwigiye aha mutabara ikiremwa muntu mutitaye ku nkomoko.”

Muri ayo mahugurwa yatanzwe ku bufatanye n’Umuryango utabara imbabare mu gihugu cya Sudani, hahuguwe abanyeshuri mirongo itandatu baturuka mu bihugu birindwi bitandukanye ari byo u Rwanda, Uganda, Tanzaniya, Kenya, Nigeria, Malawi na Somaliya.

Aba ni bamwe mu banyeshuri bahuguwe ku butabazi bw'ibanze.
Aba ni bamwe mu banyeshuri bahuguwe ku butabazi bw’ibanze.

Uretse ayo mahugurwa, aba banyeshuri bibumbiye muri ARMS ngo banakoze ibindi bikorwa birimo gusura ikigo kibaga indwara z’umutima kizwi ku izina rya Salama Center for Cardiac Surgery, gufasha abanyeshuri bashya babasobanurira ibijyanye n’amashami baba bazigamo, kujya mu nama z’abaganga (medical conferences) bahagarariye u Rwanda n’ibindi.

Niyonzima Oswald

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 4 )

Mukomeze mubere ikitegererezo murwanda murakoze

jeanpoul yanditse ku itariki ya: 27-01-2015  →  Musubize

Am much delighted by the great work being done by these medical students and just wish them the best

nhzairu yanditse ku itariki ya: 22-01-2015  →  Musubize

mukomeze mube umusemburo w’amahoro kandi mu manika idarapo ry’igihugu cyanyu aho muri hose kandi ntimwibagirwe za ndangagaciro zacu munabasha kwigira.

Alice yanditse ku itariki ya: 14-03-2014  →  Musubize

nibyo burya kumva eagira uruhare mumakuba aba ari kuba aho uherereye turashimira aba banyeshuri nabo batanze umusanzu wabo mugufasha abari kurenganira muntambara iri muri soudan y’amajyepfo kuko ibyo bihugu biraturanye

omar yanditse ku itariki ya: 13-03-2014  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka