Minisitiri w’Intebe Habumuremyi yagiranye ibiganiro n’abanyarwanda baba muri Senegal

Yanditswe ku itariki ya: 20-01-2012 - Saa: 21:20'
Ibitekerezo ( )

Ifoto y’urwibutso na bamwe mu bitabiriye umuhango

Minisitiri w’Intebe Pierre Damien Habumuremyi, ubwo yari mu ruzinduko muri Afurika y’Iburengerazuba, yafashe akanya asura bamwe mu Banyarwanda baba muri Senegal, aho yabasobanuriye gahunda za leta y’u Rwamda muri uyu mwaka wa 2012.

Minisitiri Habumuremyi n’itsinda yari ayoboye ririmo Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’umuryango, Hon. Aloysia Inyumba, n’abandi badepite bashinzwe ububanyi n’amahanga, berekeje muri Senegal nyuma yo kwitabira umuhango w’irahira rya Perezida wa Gambia Yahya Jammeh.

Mu ijambo rye, Minisitiri Habumuremyi yasobanuye bimwe mu byerekezo cya leta y’u Rwanda n’uburyo kuri iki gihe u Rwanda n’Abanyarwanda bafatwa ku rwego mpuzamahanga.

Abanyarwanda baba muri Senegal batangaje ko bishimiye urwo ruzinduko, banashimira n’uburyo u Rwanda rwashoboye kubashyiriraho ambadsade muri Senegal.

Banashimye uburyo u Rwanda rugerageza guharanira inyungu z’abaturage bitandukanye n’ibibera mu bihugu bigize Afurika y’Iburengerazuba, bavuga ko bibatera ishema kwitwa Abanyarwanda.

Emmanuel N. Hitimana

Andi makuru - Diaspora
Pages 1 | 2 | 3

Ibitekerezo

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.


Inkuru zikunzwe cyane
1
2
3
4
5
Kwamamaza
rra banner
My District Today
Rwanda Districts
KT Radio
KT Radio
Kigali Today on Facebook
Visit us on
kigali today on youtube kigali today on twitter kigali today on facebook
Kwamamaza
districts rwanda
Newsletter
Kigali Today Mobile