Yatwaye imodoka ajya kwa muganga nyuma yo gucika ukuboko

Umugabo w’umunyahongiriya w’imyaka 37 witwa Tibor yacikiye ukuboko munsi y’inkokora ku bw’impanuka, abasha gutwara imodoka yijyana kwa muganga.

Uyu mugabo amaze gucika ukuboko ku bw’imashini yari arimo gukoresha, yabashije kubanza gukura igice cy’ukuboko cyari mu mashini maze acyitwaje, ava ahitwa i Purbach ajya kwivuriza mu mujyi uri hafi aho wa Eisenstadt.

Uyu mugabo imashini yamuciye akaboko gucikamo kabiri afata igice cyacitse akijyana kwa muganga ngo bamuvure.
Uyu mugabo imashini yamuciye akaboko gucikamo kabiri afata igice cyacitse akijyana kwa muganga ngo bamuvure.

Igipolisi cy’aho uyu mugabo yari ari kivuga ko kuba yari atarabona umwanya wo kuruhuka ngo yibaze ibyamubayeho (yari muri état de choc), byatumye aticwa no kuba yari yavuye amaraso menshi.

Kajugujugu ni yo yamujyanye i Vienne aho abahanga mu byo kubaga bakoze akazi ko kongera kumuteranyiriza ukuboko; nk’uko byatangajwe na lepoint.fr kuwa 12/5/2013.

Marie Claire Joyeuse

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka