USA : 20% by’imbwa n’injangwe byibasiwe n’umubyibuho ukabije

Ishyirahamwe rigamije kurwanya umubyibuho ukabije mu nyamaswa zo mu rugo ritanga ikigereranyo ko imbwa n’injangwe birenga kimwe cya kabiri muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika bishobora kuba bifite ibiro byinshi.

Iri shyirahamwe ritangaza ko igiteye ubwoba cyane ari uko 20% by’izi nyamaswa zo mu rugo ziba zifite umubyibuho ukabije, abavuzi b’amatungo bakaba batunga agatoki ba nyirayo ko babigiramo uruhare.

Kugira ibiro byinshi n’umubyibuho ukabije uretse kuba bigaragara nabi, ngo bishobora no gutera indwara zimwe na zimwe nk’umutima, diyabete n’izindi ; nk’uko urubuga rwa internet rwa atlantico.fr rubitangaza.

Emmanuel Nshimiyimana

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka