Serbia irimo kwishyura abaturage kugira ngo bemere gufata urukingo rwa Covid-19

Leta ya Serbia izishyura amayero 25 angana n’ibihumbi makumyabiri n’umunani n’amafaranga 500 y’u Rwanda (Frw 28,500) kuri buri muturage wikingije, no ku bazikingiza kugeza mu mpera za Gicurasi.

Ibi byavuzwe na Perezida Aleksandar Vucic, bikaba ari ubwa mbere bikozwe ku isi ahatanzwe inkingo za covid-19. Serbia iri mu bihugu by’i Burayi byakingiye abaturage benshi, ahamaze gukingirwa miliyoni 1.3 mu baturage miliyoni 7. Ubuyobozi bw’icyo gihugu burimo gukora ibishoboka ngo abikingiza biyongere kuko nta bandi bari gushaka kwikingiza.

Perezida Vucic yavugiye kuri televiziyo y’igihugu, ati “Abamaze gufata urukingo rwa mbere n’urwa kabiri ndetse n’abazikingiza mbere ya tariki 31 Gicurasi bazahabwa amadinari 3000 (Frw 28,500)”.

Yavuze ko yizeye ko Gicurasi izarangira nibura abagera kuri miliyoni eshatu bamaze gufata urukingo nibura rwa mbere.

Mu mpera za Werurwe, Leta yasabaga abaturanyi ba Serbia kuza kwikingiza mu gihugu. Perezida yavuze ko ibi ari guhemba abantu bagaragaje kwitabira gahunda za Leta, yanavuze ko abakozi ba Leta batikingije batazavuzwa n’ubwishingizi mu kwivuza nibaramuka banduye icyorezo cya covid-19.

Umuhanga mu ndwara z’ibyorezo w’umunyaserbia Zoran Radovanic yabwiye AFP dukesha iyi nkuru ko ari ubwa mbere mu Burayi no ku isi Leta yishyuye abantu ngo bikingize. Yanasobanuye ko bishobora gutuma abenshi banga kwikingiza. Ati “Ku baba mu bukene bukabije bishobora gutuma bikingiza, ariko abandi bishobora gutuma bagira impungenge bakanga kwikingiza kuko nta handi Leta yishyura abaturage ngo bikingize.”

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka