Ubwo Minisitiri w’Ingabo Murizamunda Juvenal yari imbere y’Inteko Ishinga Amategeko ku wa Kane tariki 14 Werurwe 2024, Depite Hindura Jean Pierre yamubajije ku bijyanye n’uburenganzira bw’abasirikare b’abagore, kuko usanga iyo bakoze ubukwe batambarirwa na bagenzi babo ngo banyure no mu nkota nk’uko bigenda kuri bagenzi (...)
Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana, yakiriye Visi Perezida wa Banki y’Ishoramari y’Abanyaburayi (European Investment Bank, EIB), Thomas Östros uri mu ruzinduko mu Rwanda, baganira ku mishinga irimo kubaka Laboratwari yo ku rwego rw’Igihugu.
Perezida Paul Kagame yavuze ko anezezwa no kuba yaragize uruhare mu kongera kubaka u Rwanda, rukaba ari igihugu kimaze gutera imbere nyuma y’ibihe bikomeye cyanyuzemo mu myaka 30 ishize aho abaturage bashyize hamwe kandi babayeho ubuzima bwiza bubabereye.
Mu gikorwa by’ubukangurambaga Polisi irimo ikora byo kwigisha abatwara ibinyabiziga kwirinda gutendeka no gutwara imizigo myinshi iyirusha uburemere yafatiye abamotari barenga 291 muri ayo makosa .
Polisi y’u Rwanda, Ishami rishinzwe Ibizamini n’Impushya zo gutwara ibinyabiziga, mu minsi iri imbere irafungura Ikigo gishinzwe gukoresha ibizamini byo gitwara ibinyabiziga, hifashishijwe Ikoranabuhanga.
Perezida Paul Kagame yakiriye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Tanzania ushinzwe n’Ubutwererane bw’Afurika y’Iburasirazuba, January Makamba, n’itsinda ryaje rimuherekeje.
Ingabo z’u Rwanda ku bufatanye n’iza Leta zunze Ubumwe z’Amerika, zikorera ku mugabane wa Afurika (USAFRICOM) n’izo muri Nebraska National Guard (NENG), zatangiye ibikorwa by’ubuvuzi ku baturage bo mu turere twa Rwamagana na Kayonza.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura imikorere y’inzego zimwe z’imirimo ifitiye Igihugu akamaro (RURA), ku wa Kabiri tariki 12 Werurwe 2024, rwashyize ahagaragara ibiciro bishya by’ingendo mu modoka zitwara abantu mu buryo bwa rusange, bikazatangira gukurikizwa ku wa Gatandatu tariki 16 Werurwe 2024.
Itangazo riturutse mu Biro bya Minisitiri w’intebe, rivuga ko Perezida wa Repubulika Paul Kagame ashingiye ku biteganywa n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda cyane cyane mu ngingo ya 111 n’iya 112, none ku wa 12 Werurwe 2024, yashyizeho abayobozi mu buryo bukurikira:
Guverimoma y’u Rwanda yatangaje ko kuva ku wa Gatandatu tariki 16 Werurwe 2024, igiciro cy’urugendo kizazamurwa kuri buri mugenzi ujya mu Ntara cyangwa mu Mujyi wa Kigali, nyuma yo gukuraho nkunganire yari yarashyizweho muri 2020.
Ikigo cy’u Rwanda cy’ibimenyetso bishingiye ku bumenyi n’ubuhanga bikoreshwa mu butabera (Rwanda Forensic Institute), tariki 11 Werurwe 2024, cyasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’urugaga rw’Abavoka mu Rwanda, aho iki kigo kigiye kujya gihugura Abavoka, ndetse bakajya basura iki kigo.
Perezida Paul Kagame yageze i Luanda muri Angola mu ruzinduko rw’akazi rw’umunsi umwe, aho yakiriwe na Perezida w’iki gihugu, João Lourenço ku Ngoro y’Umukuru w’Igihugu ya Palácio da Cidade Alta baganira ku bibazo by’umutekano muri RDC.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangarije abifuza gushora imari mu gutwara abantu, ko bubafitiye bisi nshya zigurishwa zo mu bwoko bwa Yutong ZK6106HG.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwasabye abatuye Umurenge wa Nyamyumba, wegereye ikiyaga cya Kivu ndetse ukaba umwe mu yifite amahoteli menshi muri ako karere, kugira isuku, bagatandukanya umwanda n’isuku nkeya, kuko ngo iyo atari isuku ni umwanda.
Inama Nkuru idasanzwe y’Umuryango FPR-Inkotanyi yongeye gutora ku majwi 99.1%, Perezida Paul Kagame kuzayihagararira mu matora y’Umukuru w’Igihugu azaba muri Nyakanga 2024.
Mu Karere ka Kamonyi, Umurenge wa Gacurabwenge, hafi y’urwibutso rwa Jenoside rwa Kibuza, kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 9 Werurwe 2024 habereye impanuka y’imodoka zagonganye, umuntu umwe ahita apfa abandi 18 barakomereka bikomeye.
Abashoramari basaga 30 baturutse mu rugaga rw’abikorera mu Rwanda (PSF), kuva ku itariki ya 04 kugera tariki 08 Werurwe 2024, bari muri Repubulika ya Congo mu rugendo rugamije kurebera hamwe uko babyaza umusaruro ubutaka Leta ya Congo yatije sosiyete nyarwanda ya Macefield Ventures Ltd-Congo(MVL) ku gihe cy’imyaka 30.
Mu birori by’umunsi mpuzamahanga w’umugore byabereye muri BK Arena, Perezida Kagame yasobanuye amazina yise abuzukuru be nyuma yo kubisaba ababyeyi babo bakabimwemerera, maze akabita amazina yumva ko akubiyemo ibyo abifuriza mu buzima ndetse n’ibyo yifuriza Abanyarwanda bose.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yagaragaje ko abagore bagize uruhare runini mu kongera kubaka u Rwanda, nyuma y’ibibazo byatewe n’amateka mabi rwanyuzemo.
Umunyarwanda wese uba mu Gihugu cyangwa mu mahanga, yahamya ashize amanga ko uburezi bw’u Rwanda budaheza. Mu myaka 30 ishize Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe, imwe mu mpinduka ikomeye kandi igaragara, ni umubare munini w’Abanyarwanda bashoboye kwiga. Imyinshi mu miryango- niba atari buri muryango uramutse ufashe (...)
Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente, yakiriye Dr. Sahr John Kpundeh, Umuyobozi uhagarariye Banki y’Isi mu Rwanda, baganira ku buryo barushaho gushimangira ubufatanye busanzwe buranga impande zombi.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Leta zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE), Noura bint Mohammed Al Kaabi, Noura bint Mohammed Al Kaabi, yashimye ubutwari n’umurava byaranze abanyarwanda ndetse avuga ko amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, agomba kuba isomo ku bihugu bikayigiraho.
Ibiro by’Umukuru w’Igihugu (Village Urugwiro), byatangaje ko Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yakiriye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki 07 Werurwe 2024, Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Leta zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE), Noura bint Mohammed Al Kaabi n’abo bari kumwe.
U Rwanda rwashyikirijwe inshingano zo kuyobora Ihuriro ry’Inzego zishinzwe imitunganyirize y’amasoko ya Leta muri Afurika (African Public Procurement Network- APPN), rusimbuye Côte d’Ivoire yari ku buyobozi.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Burera, ruvuga ko nta nyungu na nke rwigeze rukura mu bikorwa rwishoragamo bya magendu, no kwambukiranya imipaka mu buryo butemewe n’amategeko, kuko inshuro zose bagiye babigerageza batasibaga gufungwa bya hato na hato, ndetse bakanamburwa ibyo babaga binjije mu gihugu, bakisanga batagifite na (...)
Impunzi z’Abanyekongo zicumbikiwe mu Nkambi ya Nyabiheke n’iya Mahama mu Rwanda, zitabiriye imyigaragambyo y’amahoro, aho zasabye imiryango irimo SADC, gushishoza mu bufatanye urimo n’ingabo za Congo, kuko iki gihugu kigamije kurimbura Abatutsi bahatuye bavuga Ikinyarwanda.
Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Dr Jimmy Gasore ubwo yatangaga ibisobanuro mu magambo ku bibazo byagaragaye muri raporo y’Ubugenzuzi Bukuru bw’imari ya Leta ku itunganywa n’ikwirakwizwa ry’amashanyarazi tariki 5 Werurwe 2024 yabwiye abagize Inteko ko ikwirakwizwa ry’amashanyarazi impamvu ritageze mu gihugu hose nkuko byari (...)
Gicumbi ni umwe mu mijyi y’u Rwanda igenda itera imbere, bikagaragazwa n’inyubako ndende zizamurwa muri uwo mujyi, no mu bindi bikorwa remezo birimo imihanda.
Kuva tariki 11 Mutarama 2024 Igihugu cy’u Burundi cyafunze imipaka igihuza n’u Rwanda hashingiwe ku mpamvu u Burundi bwise iz’umutekano. Bamwe mu Banyarwanda bari mu Burundi barirukanywe boherezwa mu Rwanda ndetse basiga imitungo yabo, mu gihe abandi bahohotewe bazira kuba Abanyarwanda, ndetse benshi bakeka ko uretse (...)
Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Buyapani, kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Werurwe 2024, byashyize umukono ku masezerano y’inkunga ingana na miliyari 14 z’Amayen (hafi miliyari 118 z’amafaranga y’u Rwanda) igamije guteza imbere urwego rw’uburezi.