Umupfumu kabuhariwe wo mu Bwongereza yahanuye ko Perezida Putin ari hafi kwitaba Imana naho umuhanzikazi Taylor Swift agatwita muri uyu mwaka.
Leta y’u Bwongereza yiyemeje gusubiza ubutunzi bw’imitako ndangamurage ikoze muri zahabu n’ubutare yigeze kwambarwa n’abaturage bo mu bwami bwa Asante, igasahurwa muri Ghana mu myaka isaga 150 ishize.
Général Mamady Doumbouya ni Perezida w’Inzibacyuho wa Guinée Conakry kuva mu kwezi k’Ukwakira 2021, nyuma yo guhirika ubutegetsi bwa Perezida Alpha Condé tariki 05 Nzeri 2021.
Inzego zishinzwe ubuzima mu gice cya Kenya gikora ku Nyanja, zirimo gukora iperereza ku burwayi bw’amaso yandura bwadutse mu karere.
Akomoza ku magambo amaze iminsi avugwa n’Abakuru b’ibihugu bya Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo n’u Burundi ko bazatera u Rwanda, Perezida Kagame yabwiye abitabiriye Inama y’Umushyikirano ya 19 ko nta Munyarwanda ugomba gutinya ibitumbaraye.
Isukari ni kimwe mu birungo by’ingirakamaro kuko ifasha mu kuryoshya ibiribwa n’ibinyobwa bitandukanye. Ariko rero iyo isukari ibaye nyinshi mu mubiri, igira ingaruka mbi ku buzima ari yo mpamvu tugiye kurebera hamwe ibimenyetso bishobora kukwereka ko ufata isukari irenze urugero.
Ibirahure by’indorerwamo (lunettes/glasses), bikunze gukoboka bitewe no kwikuba ku bintu bitandukanye. Bishobora gukoborwa n’ibyo zibikanye nabyo mu masakoshi y’abadamu, cyangwa se umuntu yazirambitse ku meza ibirahure bireba hasi.
Umuhanzi w’Umurundi uzwi nka Gaposho Ismael wamenyekanye mu ndirimbo ‘Dore ishyano re’ ya orchestre Abamararungu, mu gihe cy’imanza za Gacaca Urukiko rwamuhanishije adahari kwishyura indishyi za Miliyoni zirenga 2 z’amafaranga y’u Rwanda, nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwangiza imitungo mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi.
M’bilia Bel ubusanzwe amazina ye yose ni Marie-Claire Mboyo Moseka. Yavutse ku itariki 10 Mutarama 1959, akaba ari umuhanzikazi wo mu cyahoze ari Zaire, Repubulika ya Demukarasi ya Congo (RDC) y’ubu.
Uko imyaka ishira indi igataha, hirya no hino mu gihugu hagenda haboneka imibiri y’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi bitewe n’uko benshi mu bafite amakuru banga kuyatanga. Hari ababiterwa no kuba bafite aho bahuriye n’ibyaha bya Jenoside, abandi bakabiterwa n’amasano bafitanye n’abahamwe n’ibyaha.
Nyakwigendera Ufiteyezu Blaise yari umuhanzi n’umuririmbyi wakoze muri Minisiteri y’Ubuzima no muri Ambasade y’Abarundi, mbere yo kwamburwa ubuzima mu 1994 muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Sylvester Stallone ni umukinnyi wa filime za Hollywood muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (US), umenyerewe ku izina rya Rambo mu mwuga wo gukina filime. Nubwo uyu mugabo afite imitungo ibarirwa muri miliyoni 300$, mu bwana bwe yagize ubuzima bubi cyane kuko hari n’aho yageze akemera kugurisha imbwa ye yakundaga cyane (...)
Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda Lt General Mubarakh MUGANGA, ni umwe mu bagabo bafite ibigwi ntagereranywa mu gisirikare cy’u Rwanda uhereye ku mateka y’urugamba rwo kubohora igihugu, guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, n’ibindi bikorwa by’indashyikirwa yakomeje gukora na nyuma yaho.
Mu mudugudu w’Umutekano, Akagari ka Nyabugogo mu Murenge wa Muhima mu Mujyi wa Kigali, habonetse imibiri irenga 15 y’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yatabwe mu nkengero z’umuhanda werekeza kuri gare ya Nyabugogo, imbere y’isoko ryo kwa Mutangana.
Imibare itangwa n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS/WHO), igaragaza ko abantu babarirwa muri miliyoni 600 bandura indwara zikomoka ku biribwa buri mwaka.
Gaposho Ismael, ni umuririmbyi akaba n’umucuranzi wamenyekanye cyane kubera indirimbo y’amashusho yitwa ‘Dore ishyano re’ yagaragaye kenshi kuri Televiziyo y’u Rwanda ahagana mu 1992.
Konka intoki cyane cyane urutoki rw’igikumwe ni ibintu bisanzwe mu bana. Ariko hari igihe kigera ukabona birakabije, ugatangira kwibaza uko wabimucaho bikagushobera. Ese hari uburyo umuntu ashobora gufasha umwana kureka konka intoki bigashoboka?
Amakuru yatangajwe kuri uyu wa kabiri n’urubuga motor1.com rwandika inkuru zirebana n’imodoka, rwavuze ko uruganda nyamukuru rwa Volkswagen rukora imodoka za VW mu Budage rurimo kugenda rutakaza imbaraga mu ruhando rw’abakeba, ndetse ngo rushobora no kugabanya abakozi.
Minisitiri wa Siporo Munyangaju Aurore Mimosa, ni umwe mu bayobozi bakiri bato bari muri Guverinoma y’u Rwanda, ariko akaba amaze kwinjira mu ruhando rw’abayobozi b’ibyamamare muri iki gihugu, ahanini kubera ko Minisiteri akuriye ari imwe mu zirebwa n’ibikorwa bihuza abantu b’ingeri nyinshi.
Mu itangazamakuru by’umwihariko mu binyamakuru byandika kuri murandasi (internet), radiyo, televiziyo, YouTube no ku mbuga nkoranyambaga, hakunze kumvikana / kugaragara imvugo zitari zo ahanini bitewe no kuvangirwa n’indimi z’amahanga cyangwa ubushake bucye bwo kumenya ururimi gakondo (Ikinyarwanda).
Abahanga mu myitwarire ya Muntu bemeza ko uburyo umuntu yicara asobekeranyije amaguru cyangwa akagereka akaguru ku kandi, ari kimwe mu bishobora kugaragaza imyitwarire y’umuntu n’uko yiyumva muri we muri ako kanya.
Gufata ifoto mu kirahure (screen) cya telefone bita smart phones, ni ibintu biri rusange ku bazitunze bitewe n’ubwoko bwazo, n’ubwo hari abo usanga batabizi. Hari rero n’uburyo n’uburyo butandukanye ushobora kwifashisha ugafata ifoto iri muri screen ya mudasobwa, yaba igendanwa (laptop) cyangwa isanzwe (desktop).
Perezida w’u Bushinwa Xi Jinping kuwa Gatatu tariki ya 15 Ugushyingo yagiranye ikiganiro cy’imbonekarimwe na mugenzi we wa USA Joe Biden mu buryo bw’imbona-nkubone.
Ku mugabane wa Afurika ukungahaye mu runyuranyurane rw’imico n’amoko, ntibitangaje kubona ko n’ubuvanganzo buhakomoka, nabwo bufite ubukungu bw’uruhurirane bushingiye kuri uwo mutungo ndangamuco tugenda duhererekanya tubikesheje ibitabo, imyandiko, inkuru n’imivugo byasizwe n’abanditsi b’Abanyafurika.
U Rwanda rwakiriye inama ya 23 y’Ikigo Mpuzamahanga cy’Ubukerarugendo (WTTC), inama irimo kubera kuri Kigali Convention Center, guhera ku itariki 01 kugeza ku ya 03 Ugushyingo 2023.
Perezida wa Ukraine Volodymyr Zelensky yavuze impungenge atewe n’imyitwarire y’ibihugu biri inyuma ye mu ntambara arwana n’Uburusiya, ashimangira ko asanga nta wundi muntu wizeye intsinzi ye usibye we gusa, kuko ngo abona intwaro bamuha zidahagije kumufasha ngo abe yatsinda Uburusiya.
General James Kabarebe wacyuye igihe mu ngabo z’u Rwanda, yatanze ikiganiro ku rugamba rwo kubohora igihugu n’igiciro rwasabye, ushyizemo n’ibikorwa by’ubugome ndengakamere byaranze umwanzi utaratinyaga kwica imfungwa z’intambara zari zirimo n’ab’igitsinagore.
Hari igihe umuntu acikwa arimo gutegura ifunguro, agashyiramo umunyu mwinshi cyangwa urusenda ukibaza uko wabigabanyamo bikakuyobera. Nyamara hari uburyo butandukanye ushobora kwifashisha utagombye kongeramo amazi menshi ngo usange wangije ifunguro ryawe.
Abahanzi, by’umwihariko abacuranzi n’abaririmbyi usanga bakundwa na benshi, ahanini kubera ko kumva indirimbo waba ubyina cyangwa urimo kuruhuka binezeza benshi, abandi bakanabyungukiramo mu buryo butandukanye, ariko ugasanga nta rubuga rubaho ruzwi abahanzi bashobora guhurizwamo bagashimirwa by’umwihariko.
Abantu 22 bishwe barashwe abandi barenga 50 barakomereka, nyuma y’uko umuntu arashe mu kivunge cy’abantu mu kabari n’ahakinirwa ‘bowling’ mu mujyi wa Lewiston, Leta ya Maine muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA).