Ubumuntu u Rwanda rwapfushije muri Jenoside buzashibuka - Rucyahana

Perezida wa Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge, Bishop John Rucyahana, aravuga ko muri Jenoside yakorewe Abatutsi, u Rwanda rutapfushije Abatutsi gusa ahubwo rwanapfushije ubumuntu ariko ko bushobora gushibuka.

Komisiyo y'Igihugu y'Ubumwe n'Ubwiyunge yibutse abazize Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Murenge wa Gikonko.
Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge yibutse abazize Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Murenge wa Gikonko.

Ibi yabivugiye mu muhango wo kwibuka ku nshuro ya 22 Jenoside yakorewe Abatutsi ahitwa mu Rwandabo mu Murenge wa Gikonko mu Karere ka Gisagara, aho abakozi b’iyi komisiyo bifatanyije n’abatuye uyu murenge kongera kunamira inzirakarengane zazize Jenoside muri uyu Murenge.

Muri uyu muhango hanakozwe igikorwa cyo gushimira, hatangwa inka ku mukecuru wahishe abana 6 b’Abatutsi bakarokoka, hashimira umusirikare wamugariye ku rugamba rwo kubohora u Rwanda, hanorozwa umukecuru w’incike ya Jenoside.

Havugimana Jean Bosco watanze ubuhamya yagarutse ku buryo abantu bicwaga urupfu rubi, bigaragara ko abicaga nta bumuntu bari bakifitemo.

Ati “Ino (hano), kwica byatangiye nyuma bituma abantu bicwa umusubizo kandi nk’inyamaswa.”

Perezida wa Komisiyo y'Ubumwe n'Ubwiyunge, Bishop John Rucyahana ashimira umukecuru wahishe Abatutsi muri Jenoside, bakarokoka.
Perezida wa Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge, Bishop John Rucyahana ashimira umukecuru wahishe Abatutsi muri Jenoside, bakarokoka.

Ku rundi ruhande ariko hari n’ababaye intwari bigaragara ko bafite ubumuntu, nk’umukecuru Kampala Marthe wahishe abana 6, akabahungana aho yajyaga hose kugera Jenoside irangiye, bagasubizwa imiryango yabo.

Uyu mukecuru avuga ko bitari byoroshye ariko umuntu ufite umutima atagakwiye kureberera aho abantu bicwa, “noneho banazira ubusa”.

Perezida wa Komisiyo y’Ubumwe n’Ubwiyunge, Bishop Rucyahana, yavuze ko ubumuntu Abanyarwanda bambuwe ari bo bagomba no kongera kububyutsa.

Umukecuru Kampala Marthe wahishe abana 6 muri Jenoside bakarokoka, yashimiwe agabirwa inka.
Umukecuru Kampala Marthe wahishe abana 6 muri Jenoside bakarokoka, yashimiwe agabirwa inka.

Ati “Ntitwapfushije Abatutsi gusa, twapfushije n’ubumuntu, ariko kuba hari abo dushimira babugaragaje, ni ikigaragaza ko bwakongera bugashibuka. Banyarwanda ni inshingano yacu rero.”

Urwibutso rwa Gikonko, ahunamiwe abazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri uyu murenge, rushyinguyemo imibiri igera ku 27500.

Urwibutso rwa Gikonko mu Karere ka Gisagara rushyinguyemo imibiri y'abazize Jenoside yakorewe Abatutsi bagera ku 27500.
Urwibutso rwa Gikonko mu Karere ka Gisagara rushyinguyemo imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi bagera ku 27500.
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka