Perezida Lungu yashenguwe n’aho politiki y’ubukoloni yagejeje u Rwanda

Perezida Edgar Lungu wa Zambia uri mu ruzinduko mu Rwanda, yafashe akanya asura urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, kugira ngo yirebere amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Perezida Lungu yunamiye abashyinguye mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali
Perezida Lungu yunamiye abashyinguye mu Rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali

Perezida Lungu yatemberejwe ibice bigize uru rwibutso, anasobanurirwa amateka atandukanye y’u Rwanda kuva ku gihe cy’ubukoloni no kugeza muri Jenoside.

Mu butumwa yageneye uru rwibutso, yavuze ko yababajwe n’aho politiki y’ubukoloni muri Afurika yo "Gucamo abaturage ibice kugira ngo ubayobore" yagejeje u Rwanda.

Yagize ati "Dufite byinshi twakwigira aha nk’Abanyafurika. Ntidukwiye gukomeza kwemera gucibwamo ibice. Nta n’ubwo dukwiye gukomeza guhanga amaso amahanga, ahubwo dushikame ku Bunyafurika."

Yakiriwe na Minisitiri w'Umuco na Siporo Uwacu Julienne
Yakiriwe na Minisitiri w’Umuco na Siporo Uwacu Julienne

Perezida Lungu ari mu Rwanda kuva mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 21 Gashyantare 2018. Ari busure n’igice cyagenewe inganda giherereye i Masoro, mbere yo gusangira ku meza na Perezida Kagame ku mugoroba.

Ari mu Rwanda mu rwego rw’imibanire hagati y’u Rwanda n’igihugu cye, n’ubundi isanzwe ihagaze neza.

Yatemberejwe mu bice bigize urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali yirebera amateka yaranze Jenoside
Yatemberejwe mu bice bigize urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali yirebera amateka yaranze Jenoside
Nyuma yo gusura uUrwibutso yasize ubutumwa butanga isomo ku Banyarwanda no kuba Nyafurika muri Rusange
Nyuma yo gusura uUrwibutso yasize ubutumwa butanga isomo ku Banyarwanda no kuba Nyafurika muri Rusange
Bamuyoboye ku mva ishyinguyemo 250,000 y'abatutsi bishwe muri Jenoside
Bamuyoboye ku mva ishyinguyemo 250,000 y’abatutsi bishwe muri Jenoside
Amaze kunamira Abatutsi bashyinguye ku Gisozi yaganirije abanyamakuru
Amaze kunamira Abatutsi bashyinguye ku Gisozi yaganirije abanyamakuru
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka