Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa butandukanye muri Afurika zaributse

Ingabo za RDF aho ziri hirya no hino mu butumwa bw’amahoro muri Afurika zifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Bangui muri Centre Africa

Perezida Touadera acana urumuri rw'icyizere ahabereye umuhango wo kwibuka mu Kigo cy'Ingabo z'u Rwanda i Bangui
Perezida Touadera acana urumuri rw’icyizere ahabereye umuhango wo kwibuka mu Kigo cy’Ingabo z’u Rwanda i Bangui

Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro (MINUSCA) muri Repubulika ya Centre Africa, zifatanyije n’Abanyarwanda bahatuye na Perezida w’iki gihugu Faustin-Archange Touadéra mu wibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Ubwo bari mu muhango wo kwibuka mu murwa mukuru Bangui
Ubwo bari mu muhango wo kwibuka mu murwa mukuru Bangui

Abari muri uyu muhango bayobowe na Perediza Touadéra bacanye urumuri rw’icyizere, anatangaza ko igihugu ayoboye kiteguye guhora kifatanya n’u Rwanda mu kwibuka Jenoside n’ubwo amahanga yarutereranye ubwo yabaga.

Muri Sudani y’Amajyepfo

Urugendo rwo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi rwabereye Darfur
Urugendo rwo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi rwabereye Darfur

Abasirikare b’u Rwanda bari mu butumwa bw’Amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye ( UNMISS) nabo bifatanyije n’Abanyarwanda batuye muri iki gihugu mu kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Umuhango wabereye mu nkambi ya Tomping iherereye mu murwa mukuru Juba, ahatangiwe ubutumwa butandukanye bwo kwihanganisha Abanyarwanda.

Mu muhango wo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi muri Juba
Mu muhango wo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi muri Juba

Intumwa idasanzwe ya UNMISS David Shearer yemeye ko Umuryango w’Abibumbye watereranye u Rwanda mu 1994, yihanganisha Abanyarwanda ku mahano ya Jenoside yababayeho.

Minisitiri w’Itumanaho, umuco n’Urubyiruko muri Sudani y’Epfo Hon Salal Rajab Bunduki, yavuze ko amateka y’u Rwanda ari isomo kuri Sudani y’Epfo. Yashimye u Rwanda ku ngufu rukoresha mu guhangana n’uwo ari we wese ushaka gupfobya Jenoside.

Darfur muri Sudani

Ismail Shyaka ushinzwe ubutwererane muri Ambasade y'u Rwanda muri Sudani, ageza ijambo ku bitabiriye umuhango wo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi
Ismail Shyaka ushinzwe ubutwererane muri Ambasade y’u Rwanda muri Sudani, ageza ijambo ku bitabiriye umuhango wo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi

Abasirikare b’u Rwanda bari muri Darfour bakoze igikorwa cyo kwibuka kitabiriwe n’abandi basirikare bagize ubutumwa b’amahoro muri Darfour (UNAMID)
Shyaka Ismael ushinzwe ububanyi muri Amabasade y’u Rwanda muri Sudani, yavuze ko kwibuka ari umwanya wo gutekereza kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Yagize ati “Nyuma ya Jenoside yakorewe Abayahudi umuryango mpuzamahanga n’Umuryango w’Abibumbye wiyemeje kurinda ko ibyo byaha byakongera kubaho. Ariko se bari mu 1994?”

Yavuze ko ari uburenganzira bw’abakibyiruka n’abazabakomokaho kumenya amateka mabi yaranze Jenoside yakorwe Abatutsi. Natwe dufite inshingano zo kuvuga ukuri ku byabaye kandi tukanabika ibimyenyetso bya Jenoside.”

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

twibuke twiyubaka.

emma yanditse ku itariki ya: 10-04-2018  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka