Barasabwa gukomeza ubutwari bagize muri Jenoside kugira ngo batsinde ingaruka zayo

Umunyambanga Uhoraho muri Minisiteri y’Umuco na Siporo (MINISPOC), Lt. Col. Rugambwa Patrice, yashimiye Abanyamwulire muri Rwamagana ubutwari bwabaranze muri Jenoside yakorewe Abatutsi, abasaba kubukomeza kugira ngo batsinde ingaruka zayo.

Umunyamabanga Uhoraho muri MINISPOC, Lt. Col. Rugambwa Patrice, ubwo yaganiraga n'abaturage b'i Mwulire ya Rwamagana.
Umunyamabanga Uhoraho muri MINISPOC, Lt. Col. Rugambwa Patrice, ubwo yaganiraga n’abaturage b’i Mwulire ya Rwamagana.

Yabivugiye i Mwulire mu Karere ka Rwamagana, tariki 10 Kamena 2016, ubwo MINISPOC, Minisiteri y’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga n’Urugaga rw’abahanzi, basuraga urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Mwulire, bakanaremera abarokotse Jenoside batishoboye.

Uwitwa Muyombano Ildephonse warokokeye i Mwulire, yatanze ubuhamya bw’ubutwari bwaranze Abatutsi bari bahungiye ku gasozi ka Mwulire kuko babanje kwirwanaho mu gihe cy’iminsi 10 bakoresheje intwaro gakondo n’amabuye, bahangana n’ibitero by’abicanyi, kugeza ubwo bagabweho ibitero bikomeye by’abasirikare ba Leta yariho, bibaraganza.

Bunamiye imibiri ishyinguye mu rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Mwulire.
Bunamiye imibiri ishyinguye mu rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Mwulire.

Amaze kumva ubwo buhamya, Lt. Col. Rugambwa yagize ati “Reka mbanze nshimire by’umwihariko ubutwari bw’abantu twumvise ahangaha. Ndavuga abaturage ba Mwulire uko bagerageje kwirwanaho kugeza ku munota wa nyuma. Ubwo butwari ndifuza ko bwakomeza kuranga abaturage hano bukanabafasha kurwanya ingaruka za Jenoside.”

Muri iki gikorwa, MINISPOC yaremeye imiryango icumi itishoboye iyiha ibikoresho by’ibanze. Buri muryango wahawe umufariso, umufuka w’umuceri, umufuka w’ifu y’ubugali, akajerekani k’amavuta, indobo, ibase n’amasabune.

Muhutukazi Xaverine ugiye kubakirwa inzu ya miliyoni 6 yatanzwe na MINISPOC.
Muhutukazi Xaverine ugiye kubakirwa inzu ya miliyoni 6 yatanzwe na MINISPOC.

MINISPOC kandi yatanze sheki y’ibihumbi 500Frw yo kunganira Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Mwulire, inatanga miliyoni 6 zo kubakira Muhutukazi Xaverine, wagizwe umupfakazi na Jenoside. Inzu yari atuyemo ikaba yaramusenyukiyeho aho kuri ubu acumbikiwe n’ubuyobozi mu gihe hategerejwe kumwubakira inzu nshya yo kubamo.

Muhutukazi yavuze ko yishimiye cyane iki gikorwa cyo kumufasha kubona aho atura hakwiriye kuko inzu yahoranye yari yarashenywe n’Interahamwe muri Jenoside.

Muyombano Ildephonse warokokeye i Mwulire yatanze ubuhamya bw'ukuntu bari babanje kwirwanaho bakoresheje amabuye.
Muyombano Ildephonse warokokeye i Mwulire yatanze ubuhamya bw’ukuntu bari babanje kwirwanaho bakoresheje amabuye.
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka