Amajyaruguru: Musanze ni yo igaragaramo amazu meza kurusha utundi turere

Muri iki gice cya kabiri cy’inkuru zijyanye n’imyubakire mu gihugu, turabagezaho uko imyubakire yifashe mu ntara y’Amajyaruguru. Muri iyi ntara umujyi wa Musanze niwo ugaragaramo inyubako nyinshi zigezweho.

Burera

Imyubakire igezweho yatangiye kugaragara mu Karere ka Burera cyane guhera mu myaka ya 2010 ubwo habaga gahunda yo guca inzu za nyakatsi. Buri murenge ugira umudugudu w’icyitegererezo wubakwamo inzu nziza zibera urugero abandi bashaka kubaka.

Umucuruzi cyangwa undi muturage wifite ashobora kubaka inzu ifite agaciro kabarirwa mu mamiliyoni y’amafaranga y’u Rwanda bitewe n’ ubushobozi bwe n’aho yayubatse.

Abaturage batandukanye mu karere ka Burera batangiye kubaka inzu nk'izi zuzura zitwaye amafaranga abarirwa muri Miliyoni 10. Iyi iri mu murenge wa Cyanika.
Abaturage batandukanye mu karere ka Burera batangiye kubaka inzu nk’izi zuzura zitwaye amafaranga abarirwa muri Miliyoni 10. Iyi iri mu murenge wa Cyanika.
Iyi ni santere ya Kidaho mu karere ka Burera ihuriweho n'imirenge Cyanika na Kagogo.
Iyi ni santere ya Kidaho mu karere ka Burera ihuriweho n’imirenge Cyanika na Kagogo.
Iyi nzu ni iy'umwe mu baturage batuye mu murenge wa Kagogo mu karere ka Burera.
Iyi nzu ni iy’umwe mu baturage batuye mu murenge wa Kagogo mu karere ka Burera.
Montana Vista Hoteli niyo Hoteli ya mbere yubatswe mu Karere ka Burera ahitwa mu Kidaho.
Montana Vista Hoteli niyo Hoteli ya mbere yubatswe mu Karere ka Burera ahitwa mu Kidaho.

Gakenke

Mu bihe bishize ntibyari byoroshe kuba wabona inzu ikomeye kandi nziza yubatswe mu buryo bugezweho mu Karere ka Gakenke kuko wasangaga abenshi bubakisha inkarakara n’amategura ndetse na nyakatsi.

Mu myaka ya 1998 imiryango isaga 700 muri kano karere yari ituye muri nyakatsi mu gihe uyu munsi usanga bari kubaka amazu agezweho.

Abaturage bafite amikoro adahambaye bubaka inzu nk'iyi mbere y'imyaka 2005.
Abaturage bafite amikoro adahambaye bubaka inzu nk’iyi mbere y’imyaka 2005.
Inzu iciriritse isakaje amabati ni iy'umuturage wo Muri Cyabingo, inzu nk'izi uzisanga mu giturage cyo mu Karere ka Gakenke.
Inzu iciriritse isakaje amabati ni iy’umuturage wo Muri Cyabingo, inzu nk’izi uzisanga mu giturage cyo mu Karere ka Gakenke.
Inzu nk'iyi zatangiye kuzamurwa mu Karere ka Gakenke n'abantu bifite kuva muri 2010.
Inzu nk’iyi zatangiye kuzamurwa mu Karere ka Gakenke n’abantu bifite kuva muri 2010.
Mu Mujyi wa Gakenke, abaturage basigaye bubaka inzu zikomeye zijyanye n'icyerekezo cy'Umujyi.
Mu Mujyi wa Gakenke, abaturage basigaye bubaka inzu zikomeye zijyanye n’icyerekezo cy’Umujyi.

Gicumbi

Imiturire iragenda itera imbere ukurikije inzu zo kubamo ziri kubakwa hirya no hino mu Karere ka Gicumbi. Nubwo mu Mujyi wa Gicumbi hari inzu z’amagorofa zizamuka ariko ngo imyubakire y’uwo mujyi ntiri ku rwego yifuzwaho. Ni muri urwo rwego abikorera basabwa kuvugurura inyubako zabo.

Abaturage bari kubaka inzu zijyanye n'umujyi.
Abaturage bari kubaka inzu zijyanye n’umujyi.
Abaturage bavuye muri Nyakatsi batura mu nzu z'amabati.
Abaturage bavuye muri Nyakatsi batura mu nzu z’amabati.
Amazu y'amagorofa arimo kwiyongera mu Mujyi wa Gicumbi uko imyaka ishira.
Amazu y’amagorofa arimo kwiyongera mu Mujyi wa Gicumbi uko imyaka ishira.
Mu Mujyi wa Gicumbi uhasanga inzu nziza kandi zikomeye nk'iyi.
Mu Mujyi wa Gicumbi uhasanga inzu nziza kandi zikomeye nk’iyi.

Musanze

Mu Karere ka Musanze, imyubakire yateye imbere cyane kuva mu myaka y’i 2000, ni bwo amahoteli menshi ajyanye n’icyerekezo igihugu kiganamo yazamuwe ndetse n’izindi nzu z’ubucuruzi z’amagorofa.

Uretse amazu meza yo mu Mujyi wa Musanze, abaturage bavuye muri Nyakatsi n’abafite amikoro bubaka inzu z’amatafari ahiye mu giturage.

Hotel Muhabura imaze imyaka 60 ikora ni yo yabanje mu Mugi wa Musanze.
Hotel Muhabura imaze imyaka 60 ikora ni yo yabanje mu Mugi wa Musanze.
Hoteli Gorilla ni imwe mu mahoteli mashya mu mujyi wa Musanze.
Hoteli Gorilla ni imwe mu mahoteli mashya mu mujyi wa Musanze.
Ikigo cy'ubwiteganyirize (RSSB) cyazamuye igorofa yakemuye ikibazo cy'inzu zo gukoreramo (offices).
Ikigo cy’ubwiteganyirize (RSSB) cyazamuye igorofa yakemuye ikibazo cy’inzu zo gukoreramo (offices).
Inzu zikorerwamo ubucuruzi zimaze igihe zaravuguruwe.
Inzu zikorerwamo ubucuruzi zimaze igihe zaravuguruwe.
Inzu z'amagorofa zarazamuwe ubu zikorerwamo ubucuruzi.
Inzu z’amagorofa zarazamuwe ubu zikorerwamo ubucuruzi.
Iyi nzu ni iy'umuhinzi mworozi wa kijyambere mu Murenge wa Nyange wiyubakiye inzu y'amatafari ahiye.
Iyi nzu ni iy’umuhinzi mworozi wa kijyambere mu Murenge wa Nyange wiyubakiye inzu y’amatafari ahiye.

Rulindo

Hirya no hino mu Karere ka Rulindo iyo ubashije kwitegereza ibijyanye n’amazu yubatse mu mirenge igize aka karere, usanga aka karere karimo gatera imbere cyane mu bijyanye miturire, amazu meza kandi akomeye azamurwa. Abaturage benshi bari batuye muri Nyakatsi no mu manegeka barubakiwe batuzwa ku mudugudu.

Abaturage bakuwe muri Nyakatsi no mu manegeka bubakirwa ku mudugudu.
Abaturage bakuwe muri Nyakatsi no mu manegeka bubakirwa ku mudugudu.
Inyubako y'amagorofa Inyange Girls School ikoreramo muri Santere ya Kinini.
Inyubako y’amagorofa Inyange Girls School ikoreramo muri Santere ya Kinini.
Inyubako nshya ya WASAC ishami rya Rulindo yahinduye isura ya Bushoki.
Inyubako nshya ya WASAC ishami rya Rulindo yahinduye isura ya Bushoki.
Mu Karere ka Rulindo hazamuwe amazu meza kandi akomeye.
Mu Karere ka Rulindo hazamuwe amazu meza kandi akomeye.

Icyegeranyo cyakozwe n’abanyamakuru ba Kigali Today mu ntara y’Amajyaruguru

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Muzadukorre nurutonde ryumuji wa 2biri mugihugu

Rachidi yanditse ku itariki ya: 7-08-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka