Hari zimwe mu nkuru Kigali Today yagejeje ku basomyi mu bihe bishize, ariko hari izo abantu bagaragaje ko bakeneye kongera kuzisoma muri iki gihe u Rwanda rwizihiza ku nshuro ya 26 isabukuru yo Kwibohora. Muri izo nkuru harimo iy’abaganga n’abaforomo bagize uruhare mu kubohora u Rwanda, yanditswe tariki 08 Nyakanga 2015. (...)
Abarinzi b’igihango bo mu Karere ka Karongi bavuga ko mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi bakoze uko bashoboye ngo batabare abahigwaga, bagera hafi yo gupfana na bo aho kubatanga.
Mu Mujyi wa Kigali hagaragara iterambere ry’ibikorwa remezo birimo bigaragaza iterambere ry’umujyi, aho usanga inyubako zisigaye zizamurwa ari ndende kandi ngari ugereranyije no mu myaka yashize.
Mu mwaka ushize mu biganiro bitegura amakuru muri Kigali Today hari umunyamakuru wagaragaje ko hari ikibazo cy’ubujura bukomeye kandi bukorwa mu ibanga mu kwiba abaguzi bahaha isukari, umunyu n’umuceri.
Guhera tariki ya 09 Werurwe 2019, mu Rwanda haratangira umwiherero wa 16 w’abayobozi bakuru. Ku nshuro ya 16, abayobozi bazamara iminsi ine mu kigo cy’imyitozo ya gisirikare i Gabiro mu Karere ka Gatsibo, baganira ku ngingo zitandukanye zigamije iterambere ry’igihugu.
Rujugiro Tribert ni umuntu ukunda gushora imari mu nganda zikora itabi mu bihugu bitandukanye bya Afurika, gusa mu myaka mike ishize, hagiye humvikana amakuru y’ uko uwo mucuruzi yaba akora ishoramari ririmo uburiganya, akwepa imisoro n’ibindi byaha bitandukanye.
Benshi mu rubyiruko rusoza amashuri y’imyuga n’ubumenyingiro bagaragaza imishinga myiza y’ikoranabuhanga, ikamurikwa igashimwa ariko nyuma ntumenye irengero ryayo.
Abantu batandukanye bakoresha imoso batangaza ko bahura n’ibibazo bitandukanye mu buzima, bituruka ku kuba bafatwa nk’abadasanzwe cyangwa se nk’abafite ikibazo.
Mu mwaka wa 2006, Ishyirahamwe ry’imodoka nini zitwarira abantu hamwe (KBS) ryatangiye gukora mu mujyi wa Kigali. Icyo gihe yatangiranye imodoka 10 gusa. Gusa mu mezi macye izo modoka zatangiye kugenda zigira ibibazo bya hato na hato byasabaga ko zikoreshwa mu igaraji (garage) gusa byari bihenze.
Ubushakashatsi bwakozwe n’abahanga mu buzima bw’inyamanswa, bugaragaza ko inyamanswa zifite ubushobozi bwo kumva ko agace ziherereyemo hari ibiza biri hafi kuhaba zigahunga.
Dodani (Dos d’Ane/Humps) ni utuntu tumeze nk’udusozi twubakwa mu mihanda cyane cyane ihuriramo abantu benshi nko mu mihanda yegereye ibigo by’amashuri, amavuriro, amasoko, insengero, ibibuga by’imikino n’ahandi, hagamijwe ko ibinyabiziga bihanyura bigabanya umuvuduko kugira ngo bidateza impanuka kubera urwo rujya n’uruza (...)
Iyo ugeze ku kigo gishinzwe kugenzura ubuziranenge bw’ibinyabiziga ahitwa kuri "Controle technique", uhasanga imodoka nyinshi zaje kugenzurwa kugira ngo harebwe niba zujuje ibisabwa kugira ngo zibashe kugenda mu Rwanda.
Ndikubwimana Jean Baptiste ashimira cyane ikigo cya Gatagara yagezemo yaramugaye amaguru yombi, ariko akaragorwa agashobora kugendera ku mbago none ubu akaba akora akibeshaho.
Abenshi mu babyeyi b’iki gihe, bakunze kwinubira ko urubyiruko rw’ubu rudakozwa umurimo, rwumva ko rwakwicara rukagaburirwa rutakoze.
Kubana na Virusi itera Sida bamwe babifata nk’urucantege rushobora gutera kwiheba, bigatuma ubana nayo atabasha kubaho igihe kinini.
Urutare bita urwa Nyirankoko ruherereye i Tare mu Murenge wa Mbazi ho mu Karere ka Huye, ngo rwari urw’imitsindo.
Umujyi wa Kigali washyizeho gahunda yo kwimakaza isuku guhera mu ngo ziwugize, ku bantu bawutuye n’abawugenda, mu mihanda ndetse no mu duce duhurirwamo n’abantu benshi mu bikorwa bitandukanye.
Uburaya mu Mujyi wa Kigali bugenda bwivugurura haza abakobwa bashya uko abandi bagenda basaza, bituma urwo ruhererekane rugaragaza ko uburaya budateze gucika muri uyu mujyi.
Umuhanzi Rugamba Sipiriyani ni umwe mu bahanzi bo mu Rwanda batazibagirana kubera inganzo ye idasobanya igeza ubutumwa bwiza ku Banyarwanda, burimo gukunda Imana n’abantu.
Mu muco wa Kinyarwanda cyaraziraga kikanaziririzwa ko umwari yiyandarika cyangwa agaragaraho imibonano mpuzabitsina atarashinga urugo rwe, niyo yabikoraga kuko kera nta dukingirizo twabagaho byamuviragamo akenshi gutwara inda z’indaro kandi byafatwaga nk’icyaha gikomeye, cyahanishwaga kujya kuroha nyirubwite.
Minisiteri y’Ubutabera (MINIJUST) itangaza ko ifite imitungo yasizwe na ba nyirayo (abandoned properties) yashyizwe mu mitungo icungwa na Leta.
Abaturage bo mu murenge wa Nyamyumba muri Rubavu, batakambiye Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba ngo abakemurire ikibazo cy’amakimbirane y’ubutaka, abasuye arababura.
Ku mugoroba wo ku ya 06 Mata 1994, indege yari itwaye Perezida Juvenal Habyarimana na mugenzi we w’u Burundi Cyprien Ntaryamira, yarahanutse bombi barapfa, ubwo bavaga Arusha muri Tanzaniya mu nama ireba uko hashyirwa mu bikorwa amasezerano yo gusangira ubutegetsi na RPF- Inkotanyi.
Padiri Ubald Rugirangoga aratangaza ko impano ye yo gusengera abarwayi bagakira ntaho ihuriye na politiki ko ahubwo abamwita umunyapolitiki ari abapadiri bagenzi be bamufitiye ishyari.
Mu murenge wa Nyarugenge mu Karere ka Nyarugenge hari agace kiswe “Norvège” ya Kigali ngo kubera iterambere ryako kandi ari mu cyaro.
Abanyamuryango ba Koperative COTRAVERWA y’abatwara abagenzi ku magare mu Karere ka Rwamagana baravuga ko umuyobozi wabo ntacyo abamariye bakamusaba kwegura.
Abaturage bo mu Karere ka Musanze barishimira ko imihanda bemerewe na Perezida Kagame yatumye imikorere yabo irushaho kugenda neza.
Umunyonzi wo mu Karere ka Burera yakoze ubukwe agenda n’amaguru, aherekezwa n’abantu baririmba, babyina, bavuza amafirimbi, buzura umuhanda imodoka zirahagarara.
Ibikorwa byo kubaka kaminuza mpuzamahanga y’ubuvuzi mu Karere ka Burera byaratangiye, kuri ubu bari mu gikorwa cyo gusiza ikibanza izubakwamo.
Abakoresha umuhanda Cyanika-Musanze bibaza igihe uyu muhanda uzakorerwa, kuko ushaje ku buryo udindiza ubuhahirane ukanateza n’impanuka.