Dore uko ingendo z’abanyeshuri bajya mu biruhuko ziteye

Hashingiwe ku ngengabihe y’umwaka w’amashuri yatangajwe na Minisiteri y’Uburezi, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ibizamini n’ubugenzuzi bw’amashuri (NESA), kiramenyesha abayobozi b’amashuri, abarezi ndetse n’ababyeyi, ko abanyeshuri biga bacumbikirwa bazatangira gusubira mu miryango yabo mu biruhuko, guhera tariki 25/03/2024 kugeza tariki 28/03/2024.

Dore uko ingendo z'abanyeshuri bajya mu biruhuko ziteye
Dore uko ingendo z’abanyeshuri bajya mu biruhuko ziteye

Gahunda y’ingendo kuri abo banyeshuri ikaba iteye ku buryo bukurikira:

Ku wa Mbere tariki 25/03/2024, hazataha abanyeshuri biga mu bigo by’amashuri biherereye mu Turere dukurikira:

Nyarugenge, Gasabo na Kicukiro mu Mujyi wa Kigali

Nyanza na Kamonyi mu Ntara y’Amajyepfo

Ngororero mu Ntara y’Iburengerazuba

Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru

Nyagatare na Gatsibo mu Ntara y’Iburasirazuba

Ku wa Kabiri tariki ya 26/03/2024 hazataha abanyeshuri biga mu bigo by’amashuri biherereye mu Turere dukarikira:

Ruhango na Gisagara mu Ntara y’Amakenfo

Nyabihu na Rubavu mu Ntara y’lburengerazuba

Burera mu Ntara y’Amajyaruguru

Rwamagana na Kayonza mu ntara y’Iburasirazuba

Ku wa Gatatu tariki ya 27/03/2024, hazataha abanyeshuri biga mu bigo by’amashuri biherereye mu Turere dukarikira:

Huye na Nyaruguru mu Ntara y’Amajyepfo

Karongi na Rutsiro mu Ntara y’Iburengerazuba

Rulindo na Gakenke mu Ntara y’Amajyaruguru

Ngoma na Kirehe mu Ntara y’lburasirazuba

Ku wa Kane tariki ya 28/03/2024, hazataha abanyeshuri biga mu bigo by’amashuri biherereye mu Turere dukurikira:

Muhanga na Nyamagabe mu Ntara y’Amajyepfo

Rusizi na Nyamasheke mu Ntara y’Iburengerazuba

Gicumbi mu Ntara y’Amajyarugu

Bugesera mu Ntara y’Iburasirazuba

Amashuri asabwa kubahiriza ingengabihe y’ingendo uko iteganyijwe, bohereza abana hakiri kare kugira ngo bagere mu ngo zabo butarira, kandi hambaye umwambaro w’ishuri.

Ababyeyi basabwe guha abana babo amafaranga y’urugendo azabageza mu rugo, bagendeye ku biciro bishya by’ingendo byatangajwe.

Abashinzwe uburezi mu turere no mu Mirenge barasabwa gukurikirana igikorwa cyo gusubiza abanyeshuri mu rugo, no gukurikirana ko amashuri yohereje abanyeshuri mu miryango yabo ku gihe cyateganijwe.

Mu rwego rwo korohereza abanyeshuri mu ngendo zabo, abahagurukira i Kigali n’abandi banyura i Kigali berekeza mu zindi Ntara, bazafatira imodoka kuri stade ya ULK ku Gisozi, zibajyana mu byemerekezo by’aho bataha.

Nyuma ya saa cyenda z’amanywa (15h00) stade izaba ifunze, nta munyeshuri uzaba wemerewe kuza nyuma y’iyo saha yavuzwe haruguru.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Turi kubaza uko abanyeshuri bazataha igihebwe cyakabiri 2024 murakoze
.

Ndayambaza Aline yanditse ku itariki ya: 22-03-2024  →  Musubize

murakoze kutugezaho uko ingendo ziteye bizafasha ababyeyi gutegura amafaranga yurugendo hakirikare

ABISEZERANO DAVID yanditse ku itariki ya: 21-03-2024  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka