Platini P na Kirenga basohoye indirimbo ikangurira urubyiruko kwigira kuri Perezida Kagame

Umuhanzi Platini P na Kirenga Gad, bakoze indirimbo bise ‘Ijana ku Ijana’, ikangurira urubyiruko kwigira kuri Perezida Kagame, rukurikije ubutwari bwe, rugakora ibibereye Umunyarwanda.

Umuhanzi Umuhanzi Platini P (ibumoso) na Kirenga Gad
Umuhanzi Umuhanzi Platini P (ibumoso) na Kirenga Gad

Ni indirimbo ikangurira urubyiruko kwigira kuri Perezida Kagame, kandi ikarukangurira kumushyigikira mu rugendo ayoboyemo u Rwanda.

Iyo ndirimbo abo bahanzi bombi bayikoreye mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali, harimo no ku kibuga cya Basketball i Nyamirambo, ahazwi nko kuri Club Rafiki.

Muri iyi ndirimbo hari aho baririmba bati "Ndashaka kuba Kagame imuhira iwacu mu Rwanda. Ndashaka kuba Kagame aho mba ndetse n’aho nkorera”.

Platini P
Platini P

Bakongera bati "Ndashaka kuba Kagame mu guharanira iterambere rya Afurika. Ndashaka kwitonda, ndashaka guca bugufi, ndashaka kuba focused mu kazi kanjye."

Kirenga Gad yavuye imuzi aho igitekerezo cyavuye, nyuma yo kumva ubuhamya bw’umusore bari kumwe mu nama. Yavuze ko uyu musore yagarutse ku buryo urubyiruko rw’iki gihe rwijanditse mu mico mibi, bityo bikaba byaba byiza babivuyemo bakiha intego yo gukora bagatera imbere.

Kirenga Gad
Kirenga Gad

Reba indirimbo ‘Ijana ku Ijana’

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka