Igitaramo gisoza Tour du Rwanda cyasusurukije abo mu Gisimenti (Amafoto)

Ahashyizwe Car Free Zone hazwi nko ku Gisimenti i Remera mu Mujyi wa Kigali, hajyaga hahurira abidagadura muri weekend ntihari haherutse kubera ibitaramo, igisoza Tour du Rwanda 2024 kikaba cyongeye kuhasusurutsa.

Niyo Bosco ku rubyiniro
Niyo Bosco ku rubyiniro

Ubwo hasozwaga Tour du Rwanda yabaye ku nshuro ya 16, ku Cyumweru tariki 25 Gashyantare 2024, hateguwe igitaramo cyahuriyemo abahanzi batandukanye, aho bashimishimije Abanyarwanda ku munsi w’isozwa ry’irushanwa rya Tour du Rwanda 2024.

Ibyamamare bitandukanye byashimishije abitabiriye icyo gitaramo, harimo umuhanzi Bushali, Bwiza, Danny Vumbi, Kenny Sol, Niyo Bosco Eric Senderi.

Ibi byagaragaje ko abo mu Gisimenti, abahagenda n’abahataramira, bari bakumbuye kongera kuhabona igitaramo kihashyushya, kuko cyakurikiwe n’abantu benshi.

Bwiza yashimishije benshi
Bwiza yashimishije benshi
Senderi na we yasusurukije abo mu Gisimenti
Senderi na we yasusurukije abo mu Gisimenti
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka