Yvan Buravan yasubiye muri New Level

Yvan Buravan wari umaze amezi hafi atanu avuye muri New Level akajya kwikorana wenyine yatangaje ko yayisubiyemo.

Buravan yafashe icyemezo cyo gusubira muri New Level
Buravan yafashe icyemezo cyo gusubira muri New Level

Burabyo Yvan uzwi nka Buravan, ni umuhanzi watangiye kwigaragaza mu gihe gishize afashwaga n’inzu itunganya umuziki ya New Level.

Ariko nyuma yatangaje ko ayivuyemo, ibintu byaje kumenyekana mu mpera z’ukwezi kwa gatanu muri 2017.

Akimara kuvamo, mu mezi yakurikiye uyu muhanzi ntiyongeye kuvugwa nka mbere ubwo yari akiri muri New Level.

Akiyirimo yazengurukaga mu bitangazamakuru bitandukanye kubera ibikorwa binyuranye bikomeye yabaga afite.

Kuri uyu wa gatatu tariki ya 01 Ugushyingo 2017 nibwo yangaje ko yasubiye muri New Level. Yatangarije Kigali Today ko yafashe icyemezo cyo gusubirayo kuko kuri ubu bari kumvikana.

Agira ati “Niko bimeze nasubiyemo, kubera ko ubu noneho turi ku murongo umwe. Tugiye gukora kurusha uko twakoraga mbere, twabonye ko imbaraga zacu turi kumwe ziruta iz’umwe ari ku giti cye.”

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

EREGA GUFATANYA NIBYIZA PE!

ERIC GOOD LAKE yanditse ku itariki ya: 1-11-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka