Ndacyari muto sindatekereza ibyo kugira umukunzi - Yvan Buravan

Umuririmbyi Yvan Buravan yigaramye iby’urukundo bivugwa ko yaba afitanye n’umukobwa witwa Hoza Idol, avuga ko uwo mukobwa bataziranye.

Yvan Buravan ahamya ko ataratekereza ibyo kugira umukunzi
Yvan Buravan ahamya ko ataratekereza ibyo kugira umukunzi

Iby’urukundo hagati ya Yvan Buravan na Hoza Idol byatangiye kuvugwa nyuma y’ifoto yagiye hanze y’aba bombi bari kumwe.

Buravan, wavutse mu 1995 ahamya ko uwo mukobwa bifotoranyije bahuye, baramenyana barifotoza birangira ubwo ntibongera kubonana habe no kuvugana; nkuko yabitangarije Kigali Today.

Agira ati “Nifotozanya n’abantu benshi sinzi impamvu uriya ariwe bavuga. Duherukana kuri uriya munsi ifoto yafatiweho niyo mpamvu mba nibaza nti iyo abonye biriya bintu abyibazaho iki?”

Iyi foto niyo abantu baheraho bavuga ko abo bambi bari mu rukundo
Iyi foto niyo abantu baheraho bavuga ko abo bambi bari mu rukundo

Buravan avuga ko muri iki gihe icyo ashyize imbere ari akazi naho ngo ibyo gukundana cyangwa gushaka umukunzi bizaza nyuma. Ubu ngo ari kwitegura igitaramo kitwa “Fiesta” kizaba ku itariki 02 Nyakanga 2017.

Ati “Urukundo mu busanzwe ni ikintu utamenya iyo kivuye, gusa nyine icyangombwa ni uko tudakundana, niseguye kubaba baracyetse ko aribyo.

Babyihanganire nyine bijya bibaho ko amakuru amwe n’amwe aba atariyo ariko icyo bamenya cya mbere ni uko ubu ngubu turi mu kazi ibyo bindi ntibiraza.”

Hoza Idol bivugwa ko ari mu rukundo na Buravan
Hoza Idol bivugwa ko ari mu rukundo na Buravan

Akomeza abwira abakunzi b’umuziki we ko nabona umukunzi azamubereka. Agahamya ko akiri muto kuburyo ataragira igitekerezo cyo kugira umukunzi.

Agira ati “Ndacyafite imyaka ndi mutoya. Wumve ngo sindanabitekereza. Nimara kubona ko ndi tayari gushaka umukunzi nibwo nzatangira kubitegura ariko ubu bwo ntabyo mfite mu mishinga kabisa.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 7 )

Mwiriwe ndamukundacyane N°-yeindirindize

HYCENTE yanditse ku itariki ya: 12-07-2020  →  Musubize

ntarebe icutiyumuko bwa yizeye

muyizer yanditse ku itariki ya: 11-11-2018  →  Musubize

buravan arabeshya handirimbo yakoze yitwabindimo video yayo itajyira abanyamakuru bamubaza koharuwo yabayarayikorey yakunze akabyemera akavugako bimurimo ahari icyowaba uvuzeko ahari

fabiol yanditse ku itariki ya: 27-06-2017  →  Musubize

Ntukiyemerewangu nabandinkawe bavugagagutyo ariko bikarangiratwumvise ngo barabarega inda nawerero irindekwiyemera nibamukundana bishyirehanze kereka nibuzikwarindaya naho nge ndebeyinyuma mbonyarimwizada,,cyakorangewe nkundirimboyaweyitwa dense

DAMURU yanditse ku itariki ya: 20-06-2017  →  Musubize

turakwemera papa ibikorwa byawe turabyemera.

kayenda frank yanditse ku itariki ya: 20-06-2017  →  Musubize

mwagiye mubabarira abantu... ubu ntimuramenya caracteristic zabapede

dudu yanditse ku itariki ya: 19-06-2017  →  Musubize

mwarapedanye c wamujyahiri we!

alias yanditse ku itariki ya: 20-06-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka