Teta Diana na King James barasusurutsa abitabira Rwanda Day

Abitabira Rwanda Day igiye kubera mu Bubiligi barataramirwa n’abahanzi batandukanye barimo abo mu Rwanda n’abandi baba muri icyo gihugu.

King James asanzwe asusurutsa ababa bitabiriye Rwanda Day
King James asanzwe asusurutsa ababa bitabiriye Rwanda Day

Abo mu Rwanda ni King James na Teta Diana naho ababa mu Bubiligi ariko bakomoka mu Rwanda ni Inki, Soul T na Jali.

Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 10 Kamena 2017 nibwo hateganijwe Rwanda Day ibera mu Mujyi wa Bruxelles mu Bubiligi.

Iritabirwa n’Abanyarwanda n’inshuti z’u Rwanda ziba mu Bubiligi n’abandi baturutse hirya no hino mu bihugu by’i Burayi hari kandi n’abayitabira baturutse mu Rwanda.

Teta Diana nawe azasusurutsa abazitabira Rwanda Day yo mu Bubiligi
Teta Diana nawe azasusurutsa abazitabira Rwanda Day yo mu Bubiligi

Rwanda Day ni umunsi udasanzwe ku Banyarwanda bo muri Diaspora n’inshuti z’u Rwanda kuko bahura n’abayobozi bakuru b’u Rwanda barangajwe imbere na Perezida wa Repubulika Paul Kagame.

Kuri ubu Abanyarwanda batandukanye bazitabira Rwanda Day ibera mu Bubiligi batangiye kugera mu Mujyi wa Bruxelles.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka