Ongera wihere ijisho amafoto y’imfura za Salax Awards muri 2009

Hashize imyaka umunani Ikirezi Group gitangiye gutanga ibihembo ku baririmbyi bitwaye neza kurusha abandi mu Rwanda, bizwi nka Salax Awards.

Uhereye ibumoso: K8 Kavuyo, Riderman na Tom Close ubwo bitabiraga Salax Awards ya mbere yabaye muri 2009
Uhereye ibumoso: K8 Kavuyo, Riderman na Tom Close ubwo bitabiraga Salax Awards ya mbere yabaye muri 2009

Ibihembo bya mbere bya Salax Awards byatanzwe mu kwezi kwa Werurwe 2009, mu birori byabereye mu cyahoze ari Kaminuza nkuru y’u Rwanda, i Butare mu Karere ka Huye.

Icyo gihe byatangiye mu masaha y’umugoroba maze abantu barenga ibintu bitatu buzura inzu y’imyidagaduro y’iyo kaminuza izwi ku izina rya Grand Auditorium.

Bamwe bicaye abandi bahagaze kubera kubura ibyicaro, bose bari bafite amatsiko yo kureba bwa mbere abahanzi bahabwa ibyo bihembo byari bishyigikiwe na Minisiteri y’umuco na siporo (MINISPOC).

Nubwo ibyo bihembo byari byatangiwe mu Ntara y’Amajyepfo, ntibyabujije ko abahanzi baba mu Mujyi wa Kigali, bakora urugendo rw’ibirometero birenga 130 bajya i Huye gufata ibihembo byabo no gususurutsa abafana bari babategereje.

Uhereye ibumoso: Umuririmbyi The Ben, Mani Martin n'umunyamideri Dady de Maximo nabo bari bitabiriye Salax Awards 2009
Uhereye ibumoso: Umuririmbyi The Ben, Mani Martin n’umunyamideri Dady de Maximo nabo bari bitabiriye Salax Awards 2009

Gusa ariko nubwo bimaze imyaka umunani bitangiye, hamaze gutangwa ibihembo inshuro esheshatu gusa. Bivuze ko hari imyaka ibiri ibi bihembo bitatanzwe harimo uyu mwaka wa 2017 n’ushize wa 2016.

Ku bataragize amahirwe yo kwinjira muri ibyo birori bigitangira muri 2009, n’abatibuka uko byari bimeze, reka tubasubize muri Grand Auditorium mwihere ijisho, murebe n’imyambarire yari igezweho icyo gihe.

Bamwe mu bari bagize itsinda ry'abaririmbyi rya Just Family nabo ntibahatanzwe. Ibumoso ku ruhande hari umuraperi Lil G yambaye ikoti ry'umukara
Bamwe mu bari bagize itsinda ry’abaririmbyi rya Just Family nabo ntibahatanzwe. Ibumoso ku ruhande hari umuraperi Lil G yambaye ikoti ry’umukara
Miss Jojo wari umwe mu baririmbyi bagezweho icyo gihe nawe yari yitabiriye Salax Awards muri 2009
Miss Jojo wari umwe mu baririmbyi bagezweho icyo gihe nawe yari yitabiriye Salax Awards muri 2009
Abakunzi b'umuziki barenga 3000 bari buzuye Grand Auditorium bareba abaririmbyi bakunda bahabwa ibihembo
Abakunzi b’umuziki barenga 3000 bari buzuye Grand Auditorium bareba abaririmbyi bakunda bahabwa ibihembo
Bamwe mu bari bagize itsinda ry'abaririmbyi ryitwa "Abakimaze" barimo nyakwigendera Dr Jack na Faruk Dinho ntibahatanzwe.
Bamwe mu bari bagize itsinda ry’abaririmbyi ryitwa "Abakimaze" barimo nyakwigendera Dr Jack na Faruk Dinho ntibahatanzwe.
Ibirori bya Salax Awards muri 2009 byari byitabiriwe n'abantu batandukanye. Iyi foto irabigaragaza
Ibirori bya Salax Awards muri 2009 byari byitabiriwe n’abantu batandukanye. Iyi foto irabigaragaza
Mike Karangwa n'umuririmbyi Liza Kamikazi (uwa kabiri uturutse iburyo) kuri red carpet mbere yuko ibirori bya Salax Awards yo mu 2009 bitangira
Mike Karangwa n’umuririmbyi Liza Kamikazi (uwa kabiri uturutse iburyo) kuri red carpet mbere yuko ibirori bya Salax Awards yo mu 2009 bitangira
Ibyo ni ibihembo abaririmbyi bitwaye neza kurusha muri 2008 bahembwe
Ibyo ni ibihembo abaririmbyi bitwaye neza kurusha muri 2008 bahembwe
Uyu yari arimo abireba abigenzura neza
Uyu yari arimo abireba abigenzura neza
Miss Jojo yataramiye abitabiriye ibyo birori yambaye gutya
Miss Jojo yataramiye abitabiriye ibyo birori yambaye gutya
Mushyoma Joseph uzwi nka Boubou (ku ruhande ibumoso) na DMS (hagati) nabo bari bahari
Mushyoma Joseph uzwi nka Boubou (ku ruhande ibumoso) na DMS (hagati) nabo bari bahari
Umuraperi K8 Kavuyo yari ahari akurikirana ibirori neza
Umuraperi K8 Kavuyo yari ahari akurikirana ibirori neza
Miss Shanel yari ahari bigaragara ko yishimye
Miss Shanel yari ahari bigaragara ko yishimye
Ba Nyampinga nabo bari babukereye
Ba Nyampinga nabo bari babukereye
Nyakwigendera Dr Jack, wabanje gukora mu nzu itunganya umuziki ya Ubuntu Studio akaza kujya muri Maurix Music Studio nawe yari ari muri ibyo birori
Nyakwigendera Dr Jack, wabanje gukora mu nzu itunganya umuziki ya Ubuntu Studio akaza kujya muri Maurix Music Studio nawe yari ari muri ibyo birori
Rafiki "Coga Style" yari ahari
Rafiki "Coga Style" yari ahari
Riderman niwe wegukanye igihembo cy'umuririmbyi mwiza wa Hip Hop muri Salax Awards yabaye muri 2009
Riderman niwe wegukanye igihembo cy’umuririmbyi mwiza wa Hip Hop muri Salax Awards yabaye muri 2009
Mani Martin nawe yegukukanye igihembo
Mani Martin nawe yegukukanye igihembo
The Ben avuga ijambo nyuma yo guhabwa igihembo muri Salax Awards yabaye muri 2009
The Ben avuga ijambo nyuma yo guhabwa igihembo muri Salax Awards yabaye muri 2009
Tonzi yishimiye cyane igihembo yahawe
Tonzi yishimiye cyane igihembo yahawe
Iyi foto ya Liza irivugira
Iyi foto ya Liza irivugira
Uwari Minisitiri w'umuco na Siporo muri icyo gihe, Habineza Joseph yari yaje gushyigikira Salax Awards yo muri 2009
Uwari Minisitiri w’umuco na Siporo muri icyo gihe, Habineza Joseph yari yaje gushyigikira Salax Awards yo muri 2009
Ibyishimo byari byose muri Salax Awards yabaye muri 2009
Ibyishimo byari byose muri Salax Awards yabaye muri 2009
Iyi foto nayo irivugira
Iyi foto nayo irivugira
Bamwe mu batangije Salax Awards. Uhereye ibumoso: Emma Claudine, Cynthia Rupari, Kalisa Etienne, Rutayomba D. Tsuki, Mike Karangwa na Ally Soudy
Bamwe mu batangije Salax Awards. Uhereye ibumoso: Emma Claudine, Cynthia Rupari, Kalisa Etienne, Rutayomba D. Tsuki, Mike Karangwa na Ally Soudy
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 7 )

Riderman yarabikoze!

gad yanditse ku itariki ya: 30-03-2017  →  Musubize

Kera Byari byiza kweli!!!

Jose yanditse ku itariki ya: 30-03-2017  →  Musubize

NONE BAMAZE GUTERA IMBERE BANZE KUYITABIRA!!!!!!!
SINDI UMUNYAMAKURU YEWE NTANAHO MPURIYE NUMUZIKI USIBYE KUWUKURIKIRANA GUSA ARIKO MBONYE AYA MAFOTO NDABABARA NUKUNTU ABA BASWA BANZE KWITABIRA SALAX YUYU MWAKA BIKURAMO KUBUSHAKE BARAYIRWANYA PAKA IBUZE ABAFANA NUKUNTU NDEBA BARI BIZIHIWE BAHABWA IBIKOMBE NONESE UBWO BARAVUGA KO NTAHO SALAX YABAVANYE

JO yanditse ku itariki ya: 30-03-2017  →  Musubize

Yayayaya......! Abantu bava kure kweli. Hari nabo nari naribagiwe.

Locomotive yanditse ku itariki ya: 30-03-2017  →  Musubize

Kbs nihatari kweri???

Valens yanditse ku itariki ya: 29-03-2017  →  Musubize

yayayayayaya....muri abambere KT!!!!!!

Amos yanditse ku itariki ya: 29-03-2017  →  Musubize

bakanyujijeho byo

Ange IRADUKUNDA yanditse ku itariki ya: 29-03-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka