Abanyamideli b’Abanyarwanda barerekana ubwiza bw’ibihangano bya bo

Kuri uyu wa gatunu tariki ya 14 Ukwakira 2016, Abanyamideli b’abanyarwanda barerekana ubwiza bw’ibihangano bya Kinyarwanda bakora.

Iri murika rirabera muri Kigali Serena Hotel
Iri murika rirabera muri Kigali Serena Hotel

Igikorwa cyo kumurika ibi bihangano aba banyamideli bibumbiye mu itsinda bise Collective Rwanda, bacyise Collective Rwanda fashion week.

Iki gikorwa bari bufatanyemo na bamwe muri bagenzi babo baturutse mu bindi bihugu, kirabera muri Kigali Serena Hotel.

Matthew Rugamba umwe mu bakuriye iri tsinda ryateguye iri murika, avuga ko rigamije kwerekana ubuhanga n’impano iri mu Banywarwanda.

Yagize ati” Iri murika rigamije kugaragaza ubwiza ndetse n’ubuhanga ibihangano bya Kinyarwanda bikoranye, kugirango abanyarwanda bitabire kubibyaza umusaruro”.

Rugamba avuga ko iki gikorwa bateguye kizaba ngarukamwaka, kugirango barusheho guhesha agaciro imideli ikorwa n’abanyarwanda, bahereye ku banyarwanda n’inshuti zabo.

Mu rwego rwo gushyigikira abanyamideli bateguye iri murika riri butangire saa moya z’ijoro, Rugamba yavuze ko Kwinjira ari 20,000frw na 15,000frw .

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

ncaka kubaza umuntu ushaka kuba umunyamideli uweerekana imideli yakora iki?

alias yanditse ku itariki ya: 3-02-2018  →  Musubize

waoooooooo!courage yenda abanyamideli baterimbere

solange yanditse ku itariki ya: 29-10-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka