Umuririmbyi Don Williams yitabye Imana

Umururimbyi w’injyana ya Country wo muri Amerika (USA), Don Williams yitabye Imana nyuma y’igihe gito yari amaze arwaye.

Umuririmbyi Don Williams yitabye Imana
Umuririmbyi Don Williams yitabye Imana

Amakuru y’urupfu rwe yatangiye gusakara mu ijoro ryo ku wa gatanu tariki ya 08 Nzeli 2017.

Don Williams, wari ufite imyaka 78, yitabye Imana nyuma yuko mu mwaka wa 2016 atangaje ko avuye mu byo kuririmba.

Don Williams ni umwe mu baririmbyi b’injyana ya Country banditse izina ku isi kubera indirimbo se zakunzwe n’abatari bake cyane cyane kubera ijwi rye.

Yamenyekanye bwa mbere ubwo yaririmbaga mu itsinda ryitwa Pozo Seco Songers ryamenyekanye mu myaka ya 1960. Nyuma yaje kurivamo aririmba wenyine.

Indirimbo ze zamenyekanye cyane harimo Tulsa Time, Back in My Younger Days, You’re My Best Friend, Lord, I Hope This Day Is Good na Some Broken Hearts Never Mend.

Don Williams usibye kuba yarakunzwe cyane muri Amerika no mu bihugu by’Uburayi, afite n’abafana batari bake mu Buhinde no muri Amerika y’Amajyepfo.

Ni n’umwe mu baririmbyi bake b’injyana ya Country bakoreye ibitaramo muri Afurika. Mu mwaka wa 1997 yashyize hanze DVD yitwa "Into Africa" yafatiye i Harare muri Zimbabwe ubwo yahakoreraga igitaramo.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 29 )

Mbega mbega!!! ubuzima bwo kuri iyi si bwacu ni buke kabisa! Country music ibuze umuntu w’ingenzi wakunzwe, akaba ashaje agikunzwe pe! Imana nawe imuhe iruhuko ridashira kuko uyu munsi ni we ejo ni jyewe ejobundi n’undi gutyo gutyo.
ARIKO SE TUZASIGA INKURU KI IMUSOZI? Tubyibazeho; maze dufate imyanzuro yo kwitwararika mu gihe dusigaje kuri iyi si!
Twaravutse tuyisanga uko yari iri icyo gihe ninayo mpamvu umunsi wo kuzayisiga nta mahitamo tuzagira yo kwemera cyangwa kwanga kugenda!
ASIZE INKURU NZIZA KUKO AGIYE TUKIMUKUNZE TWESE ABACOUNTYMAN niyo mpamvu tuzahora twumva ibihangano bye tugikunze.
IT’S MUST BE LOVE.

xavier NAYIGIZIKI yanditse ku itariki ya: 10-09-2017  →  Musubize

Uwiteka amuhe kuruhukira mu mahoro.

BIZUMUREMYI gaspard yanditse ku itariki ya: 9-09-2017  →  Musubize

R.I.P Don Williams. Nagukundaga cyane, indirimbo zawe zinkora Ku mutima. IMANA Ikwakire mu nayo. I think we’ll be together in heaven singing glory to the Lord.

Theophile Nshimiyimana yanditse ku itariki ya: 9-09-2017  →  Musubize

yoyo mbega donwilliam yarumuhanzi mwiza pe imana imufashe ntakundinyine nikobiryenda gusa adusiryiye ubutumwa.

ndayishimiye fisito yanditse ku itariki ya: 9-09-2017  →  Musubize

Uwo muririmbyi twamukundaga imana imwakire mubayo

Ni rejis hakizimana yanditse ku itariki ya: 9-09-2017  →  Musubize

My favourite musician for all the time. R.I.P Don Williams. Your songs will remain forever🙏

Nene yanditse ku itariki ya: 9-09-2017  →  Musubize

Niyigendere yashimishije benshi mw ijwi rye ry igitangaza twaramukundaga cyane ,yari umwe mubahanzi banditse amateka kimwr na ba Kenny Rogers ba Dolly Parton abandi benshi gusa tuzahora tumwibuka

Bella yanditse ku itariki ya: 9-09-2017  →  Musubize

mwaramutse mutubwire indwarayaba yamwishe nabyo byadufasha murakoze

viateur brackaman yanditse ku itariki ya: 9-09-2017  →  Musubize

Yazize Izabukuru,lmana Imwakire Mubayo.

Alias yanditse ku itariki ya: 9-09-2017  →  Musubize

Yaririmbye neza ibibaho mu buzima bwabakundana, namukundaga cyane yatanze inyigisho ihagije mu ndirimbo ze Imana imwakire mu bayo

Advisor yanditse ku itariki ya: 9-09-2017  →  Musubize

imana imuhe iruhuko ridashira asize ubutumwa bwiza imusozi 2zahora tumwibuka

Uwiduhaye elie yanditse ku itariki ya: 9-09-2017  →  Musubize

Uwo muhanzi yaririmbaga indirimbo zigera ku mutima. Namukunda bikomeye. Gusa imana imwakire mubayo

Alphonse yanditse ku itariki ya: 9-09-2017  →  Musubize

Don William yari ikitegererezo muri iyi njyana gsa nk’uko tubizi lmana ntiyisubiza ibigwari nawe naruhuke amahoro kko yubatse imitima yabenshi pe! RIP for you Do William!

Joseph Muhirwa yanditse ku itariki ya: 9-09-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka