Belgique: Charly na Nina beretswe urukundo rudasanzwe

Ku nshuro ya mbere bataramiye mu gihugu cy’Ububirigi, Charly na Nina beretswe ko ibihangano byabo bikunzwe cyane muri iki gihugu.

Charly na Nina ku rubyibiro mu Bubirigi beretswe urukundo rukomeye n'abafana
Charly na Nina ku rubyibiro mu Bubirigi beretswe urukundo rukomeye n’abafana

Iki gitaramo cyabereye ahitwa Birmingham Palace Mu Mujyi wa Brusel , kitabiriwe n’umubare munini w’abafana b’aba bahanzi, biganjemo Abanyarwanda baba muri iki gihugu, aho babagaragarije urukundo rudasanzwe

Aba bahanzi bataramye ku buryo bwa Live bacurangirwa n’abanyamuziki babizobereyemo barimo Mihigo Francois Chouchou ukomoka mu Rwanda, Ras Kayaga, Didier Touch utunganya umuziki mu Bubirigi n’abandi.

Mihigo Francois Chou na Ras Kayaga mu bacurangiye aba bahanzi
Mihigo Francois Chou na Ras Kayaga mu bacurangiye aba bahanzi

Mu gihe kirenga isaha bamaze baririmbira abakunzi babo, baririmbye indirimbo zabo zikunzwe zirimo ‘Owooma bafatanyije n’umugande GeoSteady’, ‘Indoro bakoranye na Big Farious’, ‘Face to Face’, ‘Bye Bye’ n’izindi.

Amwe mu mafoto Charly na Nina bataramira mu bubirigi:

Charly na Nina mbere yo kujya kuri stage
Charly na Nina mbere yo kujya kuri stage
Berekanye ko ari abahanzi b'abahanga
Berekanye ko ari abahanzi b’abahanga
Abafana bari benshi cyane muri iki gitaramo
Abafana bari benshi cyane muri iki gitaramo
Indirimbo zabo zirazwi cyane muri iki gihugu
Indirimbo zabo zirazwi cyane muri iki gihugu
Abafana bari biganjemo Abanyarwanda baba mu Bubirigi
Abafana bari biganjemo Abanyarwanda baba mu Bubirigi
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 4 )

Oya! Icyabafashi Ni Gahunda Ya Ndi Umunyarwanda Na Made In Rwanda, Ntaho Baragera.Gusa Bongere Ingufu.

José Marley yanditse ku itariki ya: 10-03-2017  →  Musubize

turabakunda ntimuziyambike ubusa nka ba bana bandi kandi courage mukore cyane mwa nfura mwe

kay yanditse ku itariki ya: 6-03-2017  →  Musubize

Waouu cogs kubahanzi bacu nibyagaciro cyane kuko bigaragaza ko umuziki wacu wateye imbere courage kuri ch&nn

niyongabo yanditse ku itariki ya: 6-03-2017  →  Musubize

iki nicyo gibe cyabo nibagikoreshe bakibyaze umusaruro mbifurije impagarike n’ubuzima mu rugendo rwa muzika yabo.

Harelimana j.m.v yanditse ku itariki ya: 5-03-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka