Hari amafoto amaze iminsi acicikana agaragaraho Miss Hirwa Honorine n’umuhanzi Bruce Melodie, agaragaza bombi barebana akana ko mu jisho, ndetse hari n’agaragara Bruce Melodie asa n’utera ivi asaba Honorine ko bashyingiranwa nka bimwe umusore akorera umukobwa ashaka ko azamubera umugore.
Kwandika indirimbo biri mu byinjiriza amafaranga abazandika, bikarushaho iyo babasha kuzigurisha ziri mu majwi.
Mu Rwanda harimo kuba amarushanwa y’ubwiza azahitamo umukobwa uzahagararira u Rwanda muri Nigeria mu marushanwa ya Miss Africa Calabar.
Bugingo Bonny uzwi nka Junior Giti mu gusobanura filime, asanga uyu mwuga akora ari umwe mu myuga yiyubashye kandi ihemba neza, ariko kugira ngo ubigereho, bisaba kumenya icyo Abanyarwanda bashaka.
MPC Padiri utangiye kwamamara mu muziki w’u Rwanda, agiye gushyira hanze indirimbo yakoranye na Sergent Major Robert wamamaye ku izina rya Sergent Robert kubera morale ye n’indirimbo ze zikundwa na benshi.
Umuhanzi Uwimana Francis ukoresha izina rya Fireman mu muziki, ngo ahora ababazwa no kuba adafite umuntu n’umwe yita uwo mu muryango we cyangwa mwenewabo, kuko benshi bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Umuhanzi Itahiwacu Bruce, uzwi nka Bruce Melodie, yinjiye mu njyana gakondo atari amenyereweho, avuga ko agiye gukora indirimbo nyinshi zibyinitse Kinyarwanda.
Umuhanzi Safi Madiba, yongeye kwisuganya asubira muri studio akora indirimbo yise ‘Sound’, nyuma yo kugira ibibazo by’urushako byatumye aba nk’uhagarika imishinga ye y’umuziki.
Umuraperi Uwimana Francis wamenyekanye nka Fireman avuga ko kuba umuntu uzwi bituma ikintu kibi akoze kigaragara nabi cyane kurusha abandi, akavuga ko yiteguye gutanga ibishoboka byose ngo abeho ubuzima busanzwe adafatwa nk’icyamamare.
Umuhanzi wa hip hop Amag The Black, yagaragaje kutishimira abahanzi baharaye umuco wo kuririmba indirimbo yita ko zishishikariza abantu kwishora mu ngenso z’ubusambanyi, akavuga ko abahanzi bahisemo inzira yo koreka urubyiruko.
Hashize iminsi hasohoka indirimbo zitandukanye, abazumva bakavuga ko harimo amagambo y’ibishegu cyangwa se amagambo y’urukozasoni, abandi bakavuga ko ntacyo zitwaye ahubwo ko ari imyumvire y’abantu itandukanye.
Minsitiri w’Ubuzima muri Kenya, Mutahi Kagwe, yatangaje ko atewe impungenge no kuba indirimbo ikunzwe cyane yitwa ‘Jerusalema’ irimo gutuma abantu batubahiriza amabwiriza yo kwirinda Covid-19 mu duce tuberamo ibikorwa by’imyidagaduro.
Gateka Filly Chersy, igisonga cya mbere cya Miss Bright muri INES-Ruhengeri, yinjiye mu mwuga wo gukina filimi z’uruhererekane, akaba yaratangiriye ku yitwa ‘Ikiriyo cy’urukundo’ akinamo ari umugore w’umukire w’umunyampuhwe, akaba ari na we inkuru y’iyi filimi ishingiyeho.
Umuryango mushya w’ umuhanzikazi Nick Minaj n’umugabo we Kenneth Petty, bibarutse umwana tariki ya 20 Nzeri 2020, ariko kuva icyo gihe amazina n’igitsina cy’umwana byari bitaramenyekana.
Umuhanzikazi ukizamuka Ivy Kerubo yatangaje ko afite inzozi zo guhagararira Abanyarwanda mu muziki mpuzamahanga, kubera kuririmba Ikinyarwanda neza, Igiswayire ndetse n’Icyongereza.
Umwe mu banditsi bamenyekanye cyane kubera kwandika ikinamico akaba amaze igihe kirekire yandika ikinamico y’uruhererekane yitwa Musekeweya, Rukundo Karoli Lwanga, yemeza ko mu bakinnyi b’ikinamico yamenye nta mukinnyi uhiga Mukandengo Athanasie uzwi nka Kivamvari.
Umuhanzi Nizeyimana Didier wamenyekanye ku izina ry’ubuhanzi nka Muchoma Muchomani, Young Billionaire, Kabwera, n’andi mazina menshi, yatangaje ko yifashishije videwo igaragaramo umusore usa n’uwasinze mu rwego rwo kugaragaza ibibazo biba biri ku isi.
Iserukiramuco ‘Urusaro’ rihuza abagore bakora sinema mu Rwanda, ubu ririmo rirakorwa mu buryo butandukanye n’ubwo abantu bari bamenyereye, kuko ubu harimo hakoreshwa ikoranabuyanga n’itangazamakuru risakaza amashusho ngo iserukiramuco ribashe kugera kuri benshi.
Umuhanzi uri kwigarurira imitima ya benshi muri iyi minsi, MPC Padiri, yamaze kwerekeza mu gihugu cya Tanzania aho yagiye gukora amashusho y’indirimbo “I miss you”.
Umunyamerika Robert Sylvester Kelly, wamenyekanye mu muziki nka R Kelly, ntakigaragara mu ruhando rw’abanyamuziki bakunzwe, kuko ari muri gereza aho akurikiranyweho ibyaha byo guhohotera no gufata ku ngufu abantu banyuranye, barimo n’abana.
Mu gahinda kenshi n’amarira, umuririmbyi wo muri Repubulika iharanira demolarasi ya Kongo Koffi Olomide, abicishije kuri facebook yavuze ko nyina umubyara yapfuye.
Umwami w’injyana ya ‘Coga style’ Mazimpaka Rafiki, yashyize umukono ku masezerano y’imikoreranire y’imyaka itanu n’inzu itunganya umuziki mu Busuwisi yitwa ‘Brotherhood Record’, yiyemeza kongera kuyobora muzika nyarwanda.
‘More Events’ itegura ibitaramo bitandukanye by’umiziki yazanye irushanwa ryo kuririmba ryitwa ‘The Next Pop Star’, aho uzatsinda azahembwa miliyoni 50 z’amafaranga y’u Rwanda.
Umunyarwenya Ben Nganji wamaze kwinjira muri filimi z’urwenya ku mazina atandukanye nka Kimondo, yahishuye ko ashaka kugaragaza impano ye nk’umukinnyi wa filimi ariko agamije gukebura umuryango.
Nyuma y’imyaka 40 John Lennon yishwe na Mark Chapman, amurashe amusanze iwe mu rugo, yongeye kumvikana avuga ko nta mpamvu ikomeye yatumye yica Lennon, ahubwo ko yabikoze kugira ngo nawe yamamare.
Nyuma y’amezi make atandukanye n’umuraperi Jay Polly, Uwimbabazi Sharifa yambitswe impeta n’umukunzi we mushya biyemeza kubana nk’umugore n’umugabo.
Ikamba rya purasitike (plastic) umuraperi Notorious B.I.G yamabaye ari kwifotoza iminsi itatu mbere y’uko apfa, ryagurishijwe muri cyamunara arenga igice ya miliyoni y’amadorali ya Amerika.
Nemeye Platini usigaye akoresha izina ry’ubuhanzi rya Platini P yavuze ku bavuga ko abahanzi b’ubu bakoresha amagambo y’urukozasoni abandi bita ibishegu, asobanura ko na kera byahoze mu Kinyarwanda.
Umuaperi Jay Polly arateganya gutaramira i Dubai mu nzu iberamo imyidagaduro yitwa Venom Deira ikunze kwidagaduriramo abantu bo muri Afurika y’Iburasirazuba baba bari i Dubai ku mpamvu z’ubucuruzi cyangwa se bagiye gutembera.
Umuraperikazi Cardi B nyuma y’imyaka itatu akoze ubukwe na Offset wo mu itsinda rya Migos, yasabye gatanya anasaba ko yagumana umwana wabo Kulture.