Iserukiramuco ryo kwerekana impano zishingiye ku bukiristu rikerekana imico itandukanye yo ku isi, rigiye kongera kuba ku nshuro yaryo ya gatatu mu Rwanda.
Ushobora kuba warabonye zimwe muri izi modoka mu mihanda ya Kigali ukaba wakwibaza ba nyirazo. Niyo mpamvu Kigali Today yagukurikiraniye bamwe mu basitari bo mu Rwanda n’imodoka batwara.
Urunturuntu rukomeje gututumba hagati y’umuhanzi Sano Alyne n’umuhanzi Rugamba Yverry kubera indirimbo “Naremewe wowe” buri wese yemeza ko ari iye.
Mu majonora y’ibanze ya Miss Rwanda abera mu karere ka Huye, umuriro wakomye mu nkokora imirimo y’akanama nkemurampaka, unadindiza abandi biyamamazaga.
Umuhanzi Diamond Platinumz uri mu Rwanda yatangaje ko ibyo abantu bumva mu bitangazamakuru ko akunda gusambana ari ibinyoma ko afite abana batatu gusa, akaba nta mugore arashaka.
Umuhanzi Diamond Platinumz w’Umunyatanzaniya yatangaje ko yatangiye gucuruza ubunyobwa mu Rwanda akaba anateganya kuhashinga uruganda, akaba anateganya kuhagura inzu yo guturamo.
Icyamamare Diamond Platinumz ukomoka mu gihugu cya Tanzaniya yasuye ikigo cya Jordan Foundation kiri mu Gatsata ndetse anabagenera impano y’ibiribwa, kuri uyu wa gatanu tariki ya 19 Mutarama 2018.
Umwe mu baririmbyikazi ba Karaoke bamaze kumenyekana mu Rwanda akaba n’umunyamakurukazi, Jane uwimana asanga abantu bose bakwiye kwiyumvamo impano ibabereye bakayiha agaciro kandi bakanayiha umwanya uyikwiye.
David Adedeji Adeleke uzwi nka arateganya gukorera igitaramo yise ‘Miliyari 30”, i Kigali muri Werurwe 2018.
Umuhanzi Senderi International Hit yashavujwe n’amagambo yavuzwe n’umuhanzi akaba n’umunyamakuru wa TV1 Kakoza Nkuriza Charles apfobya ibihangano bye ndetse avuga ko aramutse amusubije yahita arira ako kanya.
Abavukana ari impanga bahuye muri iyi wikendi barasabana, bavuga ukuntu rimwe na rimwe abantu babitiranya cyangwa bakabagirira amatsiko, ibintu bibatera gutinya.
Ubwo akanama nkemurampaka kajyaga guteranya amanota, abashyitsi n’abaterankunga baganiriraga mu matsinda bakoresheje amajwi mato, bibaza abashobora guserukira iyi ntara.
Rubavu irusha utundi duce gutanga ba nyampinga benshi mu irushanwa rya Miss Rwanda, ubu niho hagiye gukomereza amajonjora y’ibanze (auditions), muri Miss Rwanda 2018.
Mu gihe akanama nkemurampaka kajyaga kwiherera ngo gateranye amanota, ubwoba no kwitsa imitima byagaragaraga mu maso y’abahataniraga kuzagaragara mu irushanwa rya Miss Rwanda i Musanze.
Mike KARANGWA wari umaze imyaka 5 ari mu kanama nkemurampaka k’irushanwa rya Miss Rwanda, ntabwo yagarutse muri aka kanama, avuga ko afite ibindi ahugiyemo by’akazi ke.
Kigali Body Gard (B KGL), ni ishyirahamwe ry’abasore n’abakobwa bazwi ku izina ry’aba Bouncers, bamenyerewe mu kurinda abahanzi, abanyacyubahiro babyifuza, cyangwa se kurinda umutekano ahantu hahurira abantu benshi, cyane cyane nko mu bitaramo, mu tubari twiyubashye, mu tubyiniro n’ahandi.
Irushanwa rya Miss Rwanda 2018 rigiye gutangira mu ntara y’amajyaruguru mu karere ka Musanze.
Derek Sano uririmba mu itsinda rya Active yagaragaye mu marushanwa atoranya urubyiruko ruzajya kwiga umuziki.
Mu gitondo cyo ku itariki ya 28 Ukuboza 2017 nibwo mu Rwanda hatangiye gusakara inkuru ivuga ko Fiona Muthoni Naringwa yabaye uwa kabiri mu irushanwa rya Miss Africa 2017.
Mu gihe habura iminsi ibarirwa ku ntoki ngo abahatanira ikamba rya Miss Rwanda 2018 batangire gutoranywa, kuri ubu hamaze kwiyadikisha abakobwa 185 mu gihugu hose.
Umuryango w’abavutse ari Impanga “Rwanda Twins Family” uri gutegura ibirori ngarukamwaka by’impanga, uvuga ko bizarangwa n’udushya twinshi.
Abafite impano mu kuririmba cyane cyane abaririmba indirimbo zihimbaza Imana barahabwa umwanya maze bigaragaze mu gitaramo cyateguwe n’itorero Bethesda Holy Church.
Abanyamakuru bakora imyidagaduro baranenga abateguye bimwe mu bitaramo byabaye mu mpera z’umwaka wa 2017 kubera imyitwarire yabaranze yo kwima itangazamakuru uburenganzira bwo gukora akazi karyo.
Ubuyobozi bwa Korali Ijuru y’i Huye buvuga ko iyi Korali yiteguye kuzasusurutsa abanye-Huye ku cyumweru ku itariki ya 07 Mutarama 2018.
Umuhanzi Senderi International Hit yagaragaje ko ubukene bumurembeje maze asaba abategura irushanwa rya Primus Guma Guma Superstar kumuha amahirwe yo guhatana.
Umwaka wa 2017 wabayemo ibikorwa bitandukanye by’imyidagaduro birimo udushya twinshi abantu batazibagirwa.
Umuraperi Ama G The Black umaze iminsi akoze ubukwe avuga ko undi muhanzi yifuza ko nawe yakora ubukwe ari Senderi International Hit.
Fiona Muthoni wari uhagarariye u Rwanda mu irushanwa ry’ubwiza rya Miss Africa 2017 yabaye igisonga cya mbere, ikamba ryegukanwa na Gaseangwe Balopi wo muri Botswana.
Jay Rwanda, umunyarwanda wabaye Rudasumbwa wa Afurika, atangaza ko yakuze adatekereza ibijyanye no kumurika imideri.
Mu gihe habura amasaha make ngo habe ibirori byo kwambika ikamba Nyampinga wa Afurika (Miss Africa 2017), abakobwa 25 bahatanira iryo kamba kuri ubu bari mu myiteguro.