Mu buryo bwabanje kugorana, abanyamakuru bakora inkuru z’imyidagaduro mu Rwanda bashinze urugaga rubahuza (Rwanda Showbiz Journalists Forum), rugamije guteza imbere ubunyamwuga mu gutara no gutangaza amakuru y’imyidagaduro mu bitangazamakuru bakorera.
Riderman ugiye kumara imyaka hafi 15 mu muziki wo mu Rwanda, yifashishije Safi bakunda gukorana, baririmba indirimbo MAMBATA, banditse bihaniza abifuriza abandi inabi, n’abacura imigambi y’ubugizi bwa nabi.
Umuhanzi nyarwanda Edouce, asanga umuziki nyarwanda uri gutera intambwe nziza ugana imbere ku buryo mu myaka itagera kuri itanu bigenze neza twazabona umwana w’u Rwanda wegukanye igihembo nka BET Award, kimwe mu bihembo buri muhanzi wese ku isi aba yifuza gutwara.
Abatuye umurenge wa Masoro mu karere ka Rulindo, Intara y’Amajyaruguru baravuga ko bategerezanyije amatsiko ikigo cy’inyigisho n’imyidagaduro kiri kubakwa muri uwo murenge.
Umuhanzi w’Umunyarwanda Mugisha Benjamin uzwi nka The Ben, aritegura kwitabira igitaramo kizahuza ibihanganye muri Muzika ya Afurika kizabera i Dubai mu gihugu cya Leta Zunze ubumwe za Abarabu, igitaramo kiswe One Africa music fest, gitegurwa na sosiyete yitwa One Africa global.
Abahanzi babiri bo muri Afurika y’Epfo ari bo Theo Kgosingwe na Nhlanhla Nciza bagize itsinda Mafikizolo, bitegenijwe ko bazaririmba muri “Kigali Convention Center” ku itariki 16 Gicurasi 2019.
African Improved Food, sosiyete itunganya ikanacuruza ibiribwa ku buryo bujyanye n’igihe nka Nootri Toto, Nootri Mama na Nootri Family, yateguye umunsi w’ababyeyi ‘Nootri Mother’s day’ kuri uyu wa gatandatu tariki 11 Gicurasi 2019, mu rwego rwo gususurutsa abakiriya bayo, kubagaragariza ibicuruzwa babafitiye, ndetse no (...)
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Olivier Nduhungirehe, yanenze amagambo aherutse gutangazwa n’umuhanzikazi Aline Gahongayire wamamaye mu Rwanda no mu mahanga mu ndirimbo zihimbaza Imana.
Ubuyobozi bw’ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere imyuga n’ubumenyi ngiro WDA buravuga ko abanyeshuri biga mu mashuri y’imyuga n’ubumenyingiro bakwiye gushyira imbere kwiga kuruta gukorera amafaranga.
Itsinda rigizwe n’abahanzi babiri b’Abanyarwanda, Charly na Nina, basubitse urugendo rwo kujya muri Uganda, aho mu ntangiriro za Gicurasi bagombaga kuzitabira igitaramo kizabera i Kampala muri Uganda, bari kumwe n’undi muhanzi w’Umugande witwa Geosteady.
Miss Josiane Mwiseneza wambitswe ikamba rya ‘Miss Popularity’ (umukobwa wakunzwe na benshi), muri Miss Rwanda 2019, aranyomoza amakuru yamuvuzweho arebana n’ivangura ry’amoko mu gihe yiyamamazaga ndetse na nyuma y’uko yambitswe iri kamba.
Mu ijoro ryo kuwa 16 Mata 2019, mu mujyi wa Paris mu Bufaransa, Umuhanzi w’Umunyarwanda Yvan Buravan yakoze igitaramo, ari nacyo yashyikirijwemo igihembo cye, yatsindiye mu mpera z’umwaka wa 2018, igihembo cyitwa ‘Prix Découvertes’ gitangwa na Radiyo y’abafaransa RFI.
Umutoni Adeline,Umukobwa w’imyaka 22 uvuka mu Murenge wa Nyamata, Akarere ka Bugesera, ni we wambitswe ikamba rya Miss Bright INES.
Abategura Salax Awards baravuga ko bateganya kongera amafaranga ahabwa abahanzi kugira ngo abayitabira babashe kwishimira iri rushanwa.
Jean Christian Irimbere, umuhanzi uririmba indirimbo zo guhimbaza Imana, avuga ko akenshi iyo udafashijwe n’Imana, kumenyekana cyane byagushyira mu kaga.
Ku itariki ya 31 Werurwe, nibwo byari biteganyijwe ko abahanzi bari ku rutonde rw’abazatoranywamo abahize abandi mu byiciro bitandukanye bamenyekana bagashyikirizwa ibihembo muri Salax Awards, ubu yari ibaye ku nshuro yayo ya karindwi.
Itsinda rya THE SUPER RAINBOWS ryatangije uburyo bwo gukoramo umuziki bawuhindura mu nyana zigezweho (EDM) Moombahton, Future, Pop na House ijyanye n’igihe, kandi inabyinika.
Ange Ritha Kagaju, umukobwa w’imyaka 18 y’amavuko, ni umwe mu bakobwa bake b’abahanzi b’Abanyarwanda baririmba bacuranga Guitar.
Umunyarwanda wari ufite inzozi zo kuba yakora filime igaragaza ubutwari bw’abasirikari ku rugamba, n’uko bitwara mu bikomeye, Joel Karekezi, hamwe n’ikipe bafatanyije mu gukina filime, ‘The Mercy Of The Jungle’ batangaje ko kugira ngo irangire yatwaye amafaranga agera kuri miliyoni y’Amayero, ni ukuvuga abarirwa muri (...)
Nyuma y’ukwezi n’igice akora ibitaramo mu bihugu 12 bya Africa, Burabyo Yvan uzwi nka Yvan Buravan, waraye ugarutse mu Rwanda aravuga ko adasoje ibi bitaramo arimo akora nyuma yo gutsindira igihembo cya radio y’Afaransa Prix Decouverte.
Bright Okpocha, umuhanga w’umunyarwenya wo mu gihugu cya Nigeria uzwi cyane ku izina ry’ubuhanzi nka Basket Mouth yatunguye abakunzi be mu Rwanda ahagera mbere y’igihe yari yitezweho avuga ko urukundo afitiye Abanyarwanda ari rwo rwamuteye kuzinduka, aho yitabiriye ubutumire mu gitaramo ‘Seka Fest’.
Benshi mu bahanzi nyarwanda bo hambere, bavuga ko bakoraga umuziki kubera kuwukunda ariko bafite ibindi bibatunze, ibintu bitandukanye n’uko ubu bimeze kuko ubuhanzi ari umwuga utunga nyirawo.
Yitwa Sherrie Silver, akomoka i Huye ariko aba i London mu Bwongereza, aho abana na nyina umubyara. Ni umukobwa uri mu b’imbere bafashije icyamamare Childish Gambino mu kubyina indirimbo ’This is America’ yatwaye Grammy Award uyu mwaka.
Mu bice bitandukanye by’igihugu, Abanyarwanda bizihije umunsi mpuzamahanga w’umugore wizihizwa buri tariki 08 Werurwe. Ku rwego rw’igihugu, uyu munsi wizihirijwe mu murenge wa Kagano, akarere ka Nyamasheke, aho umushyitsi mukuru yari Madame Jeannette Kagame.
Umuhanzi Ngabo Medard wamamaye ku izina rya Meddy arashinjwa kutishyura umwenda remezo ungana n’amadorali ibihumbi 10 (asaga gato miliyoni icyenda z’Amafaranga y’u Rwanda) yahawe n’ikompanyi yitwa KAGI RWANDA Ltd ngo yitabire igitaramo mu Bubiligi ariko ntageyo.
Padiri Jean François Uwimana, avuga ko yatekereje cyane ku muco nyarwanda maze akora indirimbo ijyanye na wo yise ’Nyirigira’.
Abanyarwenya bibumbiye mu itsinda ‘Daymakers’ bavuga ko ibyo gukora umwuga wo gusetsa bisaba kubyihugura no kwimenyereza kubikora nk’akazi, kabone n’ubwo hari abantu usanga bazi gutera igiparu abantu bagaseka cyane ariko bakaba badashobora kubikora nk’umwuka kuko batihuguye.
Pruducer Ishimwe Clement wo muri KINA Music avuga ko kuba umuhanzikazi Butera Knowless akundwa n’abantu benshi, ngo nta mpungenge bimutera, kuko icyizere ari cyo cy’ingenzi ku bantu bakundana.
Babanje gukora akandi kazi kabinjirizaga kakanabatunga mbere y’uko tubamenya, kandi bamwe ntibakaretse babifatanya n’umuziki n’urwenya.
Dusabimana Emmanuel umuhanzi wiyise Lucky Fire, ubundi akiyita ‘Michael Jackson wo mu Rwanda’, avuga ko arusha abandi bahanzi bose indirimbo nyinshi kuko ngo afite izirenga 666 mu myaka itatu amaze atangiye uyu mwuga.