Volleyball U21: U Rwanda rutangiye rutsindwa na Misiri

Ku wa Mbere tariki 15 Kanama 2022, mu gihugu cya Tuniziya mu mujyi wa Sousse, ku nkengero z’inyanja ya Méditerranée, hatangiye irushanwa ry’imgimbi zitarengeje imyaka 21 mu mukino wa Volleyball (Africa U21 Nations Volleyball Championship) 2022, aho ingimbi z’u Rwanda zitahiriwe n’umunsi wa mbere.

Ingimbi z'u Rwanda zafatiranywe na Misiri izitsinda amaseti 3 ku busa
Ingimbi z’u Rwanda zafatiranywe na Misiri izitsinda amaseti 3 ku busa

Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yatsinzwe na Misiri amaseti 3-0 (25:16, 25:13, 25:13) nyuma y’uko aba basore bari bamaze amasaha macye basesekaye muri iki gihugu, nyuma y’urugendo rurerure bagize.

Iryo rushanwa ryitabiriwe n’amakipe 8 aho agabanyije mu matsinda 2 bivuze ko buri tsinda rigizwe n’amakipe 4. U Rwanda ruri mu itsinda rya 2 rusangiye na Cameroon, Misiri na Libya.

Itsinda rya kabiri cyangwa B rigizwe na Tunisia yakiriye irushanwa, Morocco, Nigeria na Gambia.

Misiri yakinnye umukino wa nyuma w'abaterengeje imyaka 19 yakomerejeho ikaba irimo gukina nk'abatarengeje imyaka 21
Misiri yakinnye umukino wa nyuma w’abaterengeje imyaka 19 yakomerejeho ikaba irimo gukina nk’abatarengeje imyaka 21

Aganira na Kigali Today, umutoza w’ikipe y’igihugu y’ingimbi, Dominique Ntawangundi, avuga ko barushijwe ariko nanone atakwirengagiza umunaniro abasore be bari bafite.

Ati “Urebye kuri uyu mukino dutsinzwemo na Misiri, baturushije usibye ko nanone badufatiranye n’umunaniro kuko twageze inaha ku mugoroba wo kuri iki cyumweru, ariko ubu dusoje imyitozo hari byinshi tugomba gukora mu mukino wacu na Libya, tugomba kuyitsinda uko byagenda kose kuko tuwutakaje twaba twishyira ahabi”.

Indi mikino yabaye

Cameroon 3-0 Libya
Tunisia 3-2 Gambia
Nigeria 3-0 Morocco

Mu rwego rwo kwitegura Libya, ingimbi z'u Rwanda zahise zikomerezaho imyiyozo
Mu rwego rwo kwitegura Libya, ingimbi z’u Rwanda zahise zikomerezaho imyiyozo

Uko irushanwa rizakinwa

Irushanwa muri rusange ryatangiye ku wa Mbere wa tariki 15 kanama, amakipe ahuriye mu itsinda, agomba kuzahura hagati yayo maze hakaboneka iya mbere iziyoboye, ndetse n’uko n’izindi zikurikira.

Nyuma y’imikino yo mu tsinda hazakurikiraho imikino ya ¼, aho amakipe yo mu itsinda rya mbere azatombora ayo mu rya kabiri.

U Rwanda ruragaruka mu kibuga kuri uyu wa kabiri rukina n’ikipe y’igihugu y’ingimbi za Libya.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka