Bamwe mu bayobozi ba FRVB batawe muri yombi

Kuri uyu wa 09 Gashyantare 2017 nibwo hamenyekanye ko abakozi 2 mu ishyirahamwe ry’umupira w’intoki bafashwe na Police.

Haravugwa ruswa mu ishyirahamwe rya volleyball
Haravugwa ruswa mu ishyirahamwe rya volleyball

Aba bakozi barimo umunyamabanga nshingwabikorwa Hatumimana Christian n’umubitsi Uwera Jeannette batawe muri yombi ku wa 08 Gashyantare 2017

Nk’uko umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda ACP Badege Theos yabitanagarije Kigali Today ngo abo bakozi batawe muri yombi bakekwaho ruswa mu bikorwa bijyanye n’amatora aheruka Kuba kuwa 04 Gashyantare 2017.

Ku murongo wa telefoni yagize ati" nibyo ayo makuru niyo twafunze abakozi 2 bo muri Volleyball barakekwaho ruswa mu bikorwa bijyanye n’amatora bakaba barafunzwe guhera ejo (ku wa gatatu) nyuma y’iperereza ryakozwe"

Polisi ivuga ko ikomeje iperereza ku bandi baba bafite aho bahuriye n’icyo cyaha cyakozwe n’abo bakozi.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka