Abatuye Huye basusurukijwe n’imodoka na moto zidasanzwe

Ku munsi wa mbere w’isiganwa ry’amamodoka ryiswe Memorial Gwakaya, abatuye Huye bashimishijwe na moto n’imodoka batari basanzwe babona.

Abaturage bari benshi baje kwihera amaso isiganwa ry'amamodoka
Abaturage bari benshi baje kwihera amaso isiganwa ry’amamodoka

Tariki ya 15 Ukwakira 2016, guhera mu masaha y’igitondo, mu karere ka Huye haberaga isiganwa ry’amamodoka n’amapikipiki (motos).

Babanje gususurutswa na moto
Babanje gususurutswa na moto

Ryabanjirijwe n’imyiyereko yo kuri moto yakorwaga n’abakinnyi baturutse muri Afurika y’Epfo, babanje kuzenguruka umujyi wa Huye no kuri Stade Huye aho bagiye berekana ubuhanga bwabo kuri moto.

Nyuma yaho hakurikiyeho isiganwa ry’amamodoka ryari rigizwe n’amamodoka 13, aho abasiganwa bavuye kuri Stade Huye, banyura mu mujyi wa Huye, berekeza mu i Rango bagana Gisagara.

Isiganwa ry'amamodoka ryari rinogeye amaso
Isiganwa ry’amamodoka ryari rinogeye amaso

Bagarutse ahitwa Rwasave hari n’imbaga y’abaturage benshi bari baje kureba aya masiganwa, basoreza kuri Stade Huye mu rugendo rwakozwe inshuro ebyiri na buri modoka ku manywa.

Iri siganwa ryo ku manywa ryaje gusiga uwitwa Gakwaya Jean Claude wari kumwe na Mugabo Claude ari bo baje ku mwanya wa mbere bakoresheje iminota 22 namasegonda 6, bakurikirwa Mohamed Roshanali wari uri kumwe na Gisen Jean Jean bakinira ikipe y’i Burundi bakoresheje 22’58".

Ku mihanda abaturage bari benshi bareba amamodoka asiganwa
Ku mihanda abaturage bari benshi bareba amamodoka asiganwa

Nyuma y’isiganwa ryo ku manywa, hakurikiyeho umwiyereko wa moto(Free style) ahari hateganijwe kuri Stade Huye.

Abakinnyi babigize umwuga bo muri Afurika y’Epfo basusurukije Huye, ubwo bagendaga basimbuka agasozi kari kakozwe mu gitaka, bagasimbuka ahagera muri metero 10.

Moto zigendera mu birere zishimishije abanyehuye biratinda
Moto zigendera mu birere zishimishije abanyehuye biratinda
Basimbukaga agasozi k'ibitaka bari bakoze
Basimbukaga agasozi k’ibitaka bari bakoze
Moto zabanje kwiyerekana
Moto zabanje kwiyerekana

Mu masaha y’ijoro ahagana ku i Saa moya, abasiganwa bongeye kuzenguruka nanone umuhanda bari bakoze ku manywa, na bwo bahazenguruka inshuro ebyiri kuri buri modoka.

Andi mafoto

Babanje gususurutswa na moto
Babanje gususurutswa na moto

Mu masaha y’ijoro na bwo basiganwe

Amafoto: Muzogeye Plaisir

Kanda aha ubone andi mafoto menshi

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 6 )

kabisa byadushimishije ahubwo mudushyirireho namazina yabatsinze ,kdi byadufasha mujyiye mugera nobyaro abaturage nabo bakihera amaso ,nkaza nyaruguru ndetse nahandi.murakoze

nzarubara emmanuel yanditse ku itariki ya: 16-10-2016  →  Musubize

Nibyiza ndabishimye kubwisiganwa ryabaye muzatuzanire isiganwa muri gasabo nduba thank u.

Gaspard yanditse ku itariki ya: 16-10-2016  →  Musubize

NYAMAGABEBAZAHAZARYARI

MUSSA yanditse ku itariki ya: 16-10-2016  →  Musubize

AMAAZATWARAIGIKOMBECYASHAPION,MUROZE

MUSSA yanditse ku itariki ya: 16-10-2016  →  Musubize

Ni byiza cyane.ses habitants des huye de leur souhaitent une excellente visite.

Lucien Tuyishim yanditse ku itariki ya: 16-10-2016  →  Musubize

Amakuru yanyu n’ijyenzi muzadusure muri G.S mwulire

Nsanzumukiza Eric yanditse ku itariki ya: 15-10-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka