Nduwantare yasimbuye Abdu Mbarushimana muri AS Muhanga

Umutoza Nduwantare Ismail uheruka gusezerwa mu ikipe ya Gicumbi FC, yagizwe umutoza mu mukuru wa AS Muhanga, asimbura Abdu Mbarushimana werekeje mu ikipe ya Bugesera

Bisangwabagabo Youssuf, Umunyamabanga Mukuru w’ikipe ya AS Muhanga yabwiye KT Radio ko uyu mutoza bamuhaye amasezerano y’umwaka umwe, yazitwara neza bakaba ari bwo batekereza kumusinyisha andi masezerano.

Nduwantare Ismail (uri iburyo) ni we uzatoza AS Muhanga mu mwaka w'imikino utaha
Nduwantare Ismail (uri iburyo) ni we uzatoza AS Muhanga mu mwaka w’imikino utaha

Yagize ati “Twagendeye ku murongo w’ikipe, tunagendera ku byo amaze gukora aho yagiye anyura, nta byinshi arakora mu gihugu, twabyita ko ari nk’igerageza ku buryo niyitwara neza tuzayongera, sin awe gusa n’abandi ni yo masezerano twari kuzabaha”

Umunyamabanga mukuru w’ikipe ya Muhanga kandi yakomeje avuga na Abdu Mbarushimana baheruka gutandukana, na we atigeze asinya amasezerano y’igihe kirekire ahubwo bagendaga bongera bitewe n’uko yitwaye.

Uyu mutoza Nduwantare Ismail Jean Marie Vianney uheruka gusezererwa mu ikipe ya Gicumbi mbere y’uko shampiyona ihagarara, yahawe inshingano zo kuzamura abana bakiri bato, bimwe byo Abdu Mbarushimana asimbuye nawe yari yaratangiye.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka