Manzi Thierry na Niyonzima Olivier Sefu ntibakiri abakinnyi ba Rayon Sports

Abakinnyi babiri b’ikipe ya Rayon Sports Manzi Thierry na Niyonzima Olivier Sefu, bamaze gushyikirizwa amabaruwa abemerera kujya mu makipe bifuza.

Kuri uyu wa Mbere ubuyobozi bw’ikipe ya Rayon Sports bwamaze gutangaza ko bwemereye myugariro Manzi Thierry wari na kapiteni, ndetse na Niyonzima Olivier Sefu, bakaba bakwerekeza mu makipe bifuza.

Ibi bije nyuma y’aho abakinnyi y’ikipe ya Rayon Sports baheruka kwanga kujya mu mwiherero aho bateguraga umkino wa Marines mu gikombe cy’Amahoro, aho aba bakinnyi banagaragaye muri raporo y’ushinzwe imibereho y’abakinnyi mu ikipe ya Rayon Sports.

Manzi Thierry wari Kapiteni wa Rayon Sports yamaze kurekurwa ngo yshakire indi kipe
Manzi Thierry wari Kapiteni wa Rayon Sports yamaze kurekurwa ngo yshakire indi kipe

Mu ibaruwa yandikiwe aba bakinnyi bombi yasinyweho na Visi Perezida wa Rayon Sports, avuga ko aba bakinnyi babarekuye kuko batabashije kumvikana ku kongera amasezerano na Rayon Sports.

Niyonzima Olivier wa gatatu mu batsinze ibitego byinshi muri Shampiyona nawe yarekuwe
Niyonzima Olivier wa gatatu mu batsinze ibitego byinshi muri Shampiyona nawe yarekuwe

Amabaruwa yandikiwe aba bakinnyi

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Nibigendere badihaye ibyishimo bishoboka Bose tumaramye imyaka 4 gusa mbabajwe nuburyo bagiyemo bavuga ko rayon ibibazo bya cash ari karande muri rayon kundi ntakirarane cy umushahara babarimo NGO agahimbazamushyi koko kagatuma mwanga kujya ibyomwateguriwe bakabyishyuza rayon mukanga Gukina muri abakinnyi beza ariko inama aho muzajya mujye muzorokana ibyababayeho ntimuzongere kubikora

Aline yanditse ku itariki ya: 19-06-2019  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka