Imikino ya shampiyona y’icyiciro cya mbere irakomeza uri uyu wa Gatandatu, ubwo haza gukinwa imikino ine, by’ukwihariko utegerejwe na benshi ukaba ari umukino APR FC izaba yakiriyemo Gasogi kuri stade ya Kigali I Nyamirambo I Saa Cyenda zuzuye.
Ikipe ya Gasogi nk’uko tubikesha urubuga rwayo rwa internet, izakina uyu mukino idafite abakinnyi bane basanzwe banabanza mu kibuga, barimo umunye-Congo Manace Mutatu Mbedi wavunikiye i Rubavu ubwo bakinaga na Etincelles, umunya-Liberia Herron Berrian wavuye muri Kiyovu.
Hari kandi na rutahizamu ukomoka muri Mali Tidiane Kone utarakaoze imyitozo yo kuri uyu wa Kane, uyu nawe yavunikiye mu mukino Gasogi yatsinzemo Heroes, ikazakina itanafite Kapiteni wayo Guy KAZINDU wavunitse ukoboko.
Imikino y’umunsi wa 13 wa shampiyona
Ku wa Gatandatu tariki 07/12/2019
APR FC vs Gasogi United (Stade ya Kigali I Nyamirambo)
Bugesera vs Musanze (Bugesera)
Etincelles vs Sunrise FC (Stade Umuganda)
AS Muhanga vs SC Kiyovu (Stade Muhanga)
Ku Cyumweru tariki 08/12/2019
AS Kigali vs Gicumbi (Stade ya Kigali i Nyamirambo)
Marines FC vs Espoir FC (Stade Umuganda)
Police FC vs Mukura VS (Stade ya Kigali i Nyamirambo)
Heroes vs Rayon Sports FC (Bugesera)
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
Ikipe yanjye Musanze nyifurije itsinzi hagati yayao na Bugesera