Chris Froome na Israel Premier Tech basuye ikibuga cy’amagare bubatse i Bugesera (AMAFOTO)

Kuri uyu wa Gatanu ikipe ya Israel Premier Tech ikinamo umunyabigwi Chris Froome yasuye ikibuga cy’umukino w’amagare yubatse mu karere ka Bugesera

Mu gihe habura iminsi ibiri gusa ngo hatangire isiganwa "Tour du Rwanda 2024", ikipe ya Israel Premier Tech izitabira iri siganwa, yasuye ikibuga cy’umukino w’amagare yubatse mu karere ka Bugesera.

Ni ikibuga cyubatswe mu rwego rw’ubufatanye busanzwe hagati y’ikipe y’umukino w’amagare ya “Israel Premier Tech” na Bugesera Women Cycling Team, aho iyi kipe yo muri Israël yabubakiye ikibuga gikinirwamo umukino w’amagare cyiswe The Field of Dreams, kigabanyijemo ibice bibiri ari byo Pump Track ndetse na Road Track.

Kuri uyu wa Gatanu hizizwaga umwaka ushize iki kibuga gitashywe ku mugaragaro, dore ko cyatashywe tariki 17/02 umwaka ushize wa 2023.

Chris Froome yahawe impano y'igare rikoze mu birere
Chris Froome yahawe impano y’igare rikoze mu birere
Chris Froome yifatanije n'abandi bakiri bato bakina uyu mukino
Chris Froome yifatanije n’abandi bakiri bato bakina uyu mukino

Umwongereza Chris Froome wegukanye isiganwa "Tour de France" inshuro enye, akaba akinira iyi kipe, yifatanyije n’abana bakina uyu mukino w’amagare bo mu karere ka Bugesera, ubwo bakiniraga mu kibuga "Pump Track".

Andi mafoto yaranze iki gikorwa

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka