Ikipe y’u Rwanda yanyagiye iya Uganda mu irushanwa yakiriye

Mu mukino usoza iy’amatsinda mu irushanwa rya IHF Challenge trophy ribera muri Uganda, u Rwanda rwatsinze Uganda ibitego 44-29, zose zizamukana muri ½

Ikipe y'u Rwanda mbere y'uko itsinda Uganda
Ikipe y’u Rwanda mbere y’uko itsinda Uganda

Wari umukino aya makipe yombi yari yahaye imbaraga, aho buri yose yarwaniraga ishyaka ryo kuzamuka mu itsinda ari iya mbere, kugira ngo zizahure n’ikipe yabaye iya kabiri mu itsinda rya mbere.

Ikipe ya Uganda yatsindiwe mu rugo
Ikipe ya Uganda yatsindiwe mu rugo

Mu mukino waranzwe no guhangana cyane, abasore b’u Rwanda batangiye bagaragaza imbaraga kurusha Uganda, bahita bayitsinda ibitego 3-0 mu minota ya mbere, gusa Uganda iza kwikosora igice cya mbere cy’iminota 30 kirangira amakipe yombi anganya ibitego 15-15.

Nshimiyimana Alexis wiga mu ishuri ryisumbuye rya Kigoma, umwe mu bakinnyi bakiri bato bari kwitwara neza muri iyi minsi
Nshimiyimana Alexis wiga mu ishuri ryisumbuye rya Kigoma, umwe mu bakinnyi bakiri bato bari kwitwara neza muri iyi minsi

Nyuma y’iminota 10 y’ikiruhuko, u Rwanda rwagarutse bigaragara ko rwakosoye amakosa yaruranze mu igice cya mbere yo guhusha ibitego byari byabazwe, ndetse no gutsindwa ibitego ku mashoti ya kure yaterwaga n’abakinnyi ba Uganda.

Abakinnyi b'u Rwanda barushije cyane Uganda mu gice cya kabiri
Abakinnyi b’u Rwanda barushije cyane Uganda mu gice cya kabiri
Nyuma y'umukino, abakinnyi basuhuza abasifuzi bakomoka muri Egypt
Nyuma y’umukino, abakinnyi basuhuza abasifuzi bakomoka muri Egypt

Umukino waje kurangira u Rwanda rutsinze Uganda ibitego 44-29, ruhita runafata umwanya wa mbere mu itsinda, aho kuri uyu wa Kabiri ruhura n’u Burundi muri ½ ku I Saa munani z’amanywa, ukazabanzirizwa n’uzahuza Uganda na Kenya Saa Sita z’amanywa ku isaha ya Kigali.

Nyuma y’uyu mukino, Antoine Ntabanganyimana yishimiye ko ibyo yasabye abakinnyi be babyubahirije, anatangaza ko agomba kwitegura cyane ikipe y’u Burundi kugira ngo agere ku mukino wa nyuma.

“ Amabwiriza twahaye abakinnyi bayubahirije, igice cya mbere cyatugoye kugira ngo twige uko ikipe ya Uganda ikina, abakinnyi batangiranye ubwoba aho barataga ibitego cyane, ndetse n’umunyezamu utabashaga kugarura imipira ya kure."

"Twaje hano dufite intego zo kwerekana ko u Rwanda rumaze kugera ku rwego rwiza muri Handball, umukino w’u Burundi tugomba kuwushyiramo imbaraga cyane, kuko ni yo ntambwe yo kugera ku mukino wa nyuma” Umutoza w’u Rwanda aganira na Kigali Today

Umutoza Antoine Ntabanganyimana yasabye abakinnyi be gutuza no gukosora amakosa bakoraga mu gice cya mbere
Umutoza Antoine Ntabanganyimana yasabye abakinnyi be gutuza no gukosora amakosa bakoraga mu gice cya mbere
Ati mutuze ....
Ati mutuze ....

Aya marushanwa ari kubera muri Uganda agahuza abatarengeje imyaka 20, biteganyijwe ko azasozwa kuri uyu wa Gatatu hakinwa imikino ya nyuma, ikipe izegukana iki gikombe ikazabona itike yo guhagararira aka karere mu gikombe cy’Afurika kizabera muri Gabon umwaka utaha hatagize igihindutse.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka