Mu gitondo cyo ku wa 31 Kanama 2019, umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda, IGP Dan Munyuza, yitabiriye umuhango wo gusoza amarushanwa ya EAPCCO yaberaga muri Kenya. EAPCCO ni amarushanwa ahuza amakipe atandukanye ya Polisi y’ibihugu byibumbiye mu muryango wo mu karere ka Afurika y’Iburasirazuba.
Guhera kuri iki Cyumweru mu Rwanda haratangira irushanwa ryo kwibuka Abasportifs bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, mu mukino wa Handball rikazatangirira hanze ya Kigali
Mu mwaka wa 1983 ni bwo Umudage Friedhelm Elias yaje mu Rwanda aza no gutangiza umukino wa Handball mu bigo bya Ecole Normale Zaza ndetse na TTC Byumba.
Mu irushanwa rya Handball ryaberaga muri Zanzibar, risojwe u Rwanda rwegukanye umwanya wa gatatu mu batarengeje imyaka 18 na 20 mu bakobwa
Mu marushanwa ahuza ibihugu bigize akarere ka Gatanu A na B muri Handball, u Rwanda nyuma yo kubona itike ya 1/2 ruzahura na Uganda
Mu mpera z’iki Cyumweru akarere ka Gicumbi kari kakiriye irushanwa ry’Intwari, aho ryasojwe Police Hc na Kiziguro zegukanye ibikombe.
Mu irushanwa ryo kuzirikana Intwari z’u Rwanda, mu mukino wa Handball Police ni yo yegukanye igikombe itsindiye APR HC mu karere ka Gicumbi
Mu gihe mu Rwanda hari gukinwa igikombe cy’Intwari mu mikino itandukanye, muri Handball ho bahisemo kujyana aya marushanwa mu karere ka Gicumbi, imikino izitabirwa n’amakipe y’abagabo ndetse n’abagore
Nyuma y’imyaka ikipe ya Gicumbi Handball Club itagaragara muri Shampiona ya Handball, yamaze kongera gutangiza iyi kipe yabo
Mu irushanwa ry’abatarengeje imyaka 17 rya Handball ryari rimaze iminsi ribera mu Rwanda, ryegukanywe na Gorillas Handball Club mu bahungu
Umukino usoza Shampiyona y’abafite ubumuga ku rwego rw’igihugu yari igeze ku munsi wayo wa nyuma, yashoje Musanze inyagiye Gakenke ibitego 12-0.
Mu irushanwa rya Handball rihuza ibihugu bigize akarere ka Gatanu, u Rwanda rutsinze Uganda rwegukana igikombe
Ikipe y’igihugu ya Handball y’abatarengeje imyaka 20 inyagiye u Burundi ibitego 37 kuri 22, ihita ibona itike yo gukina 1/2 mu gikombe IHF Challenge Trophy kiri kubera muri Uganda.
Abakinnyi 14 bagize ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 20 mu mukino wa Handball, barerekeza i Kampala muri Uganda, gukina irushanwa rizwi nka IHF Challenge trophy
Mu mukino wabereye ku kibuga cyuzuyemo ibyondo, APR Hc yatsinze ikipe ya ADEGi Gituza ibitego 30 kuri 22
Kuri uyu wa kabiri abatoza 25 b’abanyarwanda, batangiye amahugurwa bari gukoreshwa n’inzobere muri uyu mukino yaturutse mu Bufaransa
Ishyirahamwe ry’umukino wa Handball mu Rwanda rigiye gushyiraho Komite nshya, nk’uko byemejwe mu nteko rusange yabaye kuri uyu wa Gatandatu
Ikipe ya APR Hc ihagarariye u Rwanda yatsinzwe umukino wa mbere na Esperance Sportive de Tunis yo muri Tunisia mu mukino wa mbere wabaye kuri uyu wa Gatanu.
Ikipe ya APR handball Club yamaze kugera i Tunis muri Tunisia aho igiye gukina irushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Afurika muri uyu mukino
Ikipe ya APR Handball Club ikomeje imyiteguro yo kwerekeza muri Tunisia mu gikombe gihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo muri Afurika mu mukino wa Handball.
Kuri uyu wa Gatanu ishuri ryisumbuye rya Kigoma (Ecole Secondaire de Kigoma, ESEKI,) bishimiye ibikombe bamaze kwegukana haba mu Rwanda ndetse no mu mahanga.
Ikipe ya Gorillas Handball Club na Fc St Pauli Handball yo mu Budage basuye abana batorezwa umukino wa Handball muri Gs Mwendo iherereye mu Karere ka Bugesera bayurwa n’urwego rw’imikinire babasanganye.
Mu irushanwa ryari rimaze iminsi ibiri ryitwa Umurage Handball Trophy, ikipe ya APR Hc mu bagabo na Gorillas mu bagore ni zo zegukanye ibikombe kuri iki cyumweru.
Kuri uyu wa Gatandatu no ku Cyumweru hateganyijwe irushanwa rya Handball rizahuza amakipe akomeye yo mu Rwanda n’ikipe ya FC St Pauli Handball yo mu Budage.
Mu mukino wo guhatanira umwanya wa gatanu, ikipe y’igihugu ya Handball y’abatarengeje imyaka 20 yatsinze Ethiopia ibitego 40 kuri 33.
Mu mukino wa nyuma w’amatsinda wabaye kuri uyu wa Kane, Senegal yatsinze u Rwanda ibitego 37-33 mu mukino wabereye kuri Stade Amadou Bary, Senegal ihita yerekeza muri 1/2.
Mu mukino wa kabiri wo mu matsinda, Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo yatsinze u Rwanda ibitego 36-31 mu gikombe cy’Afurika cya Handball cy’abatarengeje imyaka 20.
Mbere y’uko ikipe y’igihugu y’u Rwanda ya Handball ihura na DR Congo mu irushanwa riri kubera muri Senegal, Ambasaderi w’u Rwanda muri Senegal yasuye abakinnyi mu myitozo anabaha impanuro
Ku munsi wa mbere w’igikombe cy’Afurika cya Handball cy’abatarengeje imyaka 20 kiri kubera i Dakar muri Senegal, u Rwanda rutsinze Madagascar ibitego 35-24.
Barangajwe imbere na Harebamungu Mathias, Ambasaderi w’u Rwanda muri Senegal, Abanyarwanda batuye muri icyo gihugu bakiranye urugwiro ikipe y’igihugu ya Handball y’abatarengeje imyaka 20.