Umunyarwanda w’imyaka 14 arifuzwa n’amakipe akomeye mu Bubiligi

Mitsindo Yves ubu uri gukinira ikipe ya Sporting Charleroi, arifuzwa n’amakipe yazamuye abakinnyi bakomeye ubu babarizwa muri Shampiona y’Abongereza

Uyu mwana ufite imyaka 14, ubu arakina mu ikipe ya Sporting charleroi y’abatarengeje imyaka 15, ikipe ibarizwa mu cyiciro cya mbere mu Bubiligi , afite intego ngo zo gukinira Amavubi , ndetse ngo arakora ashaka kujya gukina muri shampiyona y’u Bwongereza.

Ahanganye n'abandi bakinnyi bakiri bato
Ahanganye n’abandi bakinnyi bakiri bato

Amakipe yazamuye ibihangange yatangiye kumwifuza

Ikipe yitwa Genk, yazamuye abakinnyi nka Thibault Courtois ukinira Chelsea, Vincent Kompany kapiteni wa Manchester City , Kevin de Bruyne ukinira Manchester City, ndetse na Standard de Liege ngo ziramwifuza nk’uko uyu mukinnyi yabitangarije Kigali Today.

Yves Mitsindo mu ikipe ye
Yves Mitsindo mu ikipe ye

Uyu mwana kandi yamaze kugirwa Kapiteni w’ikipe ye, ikipe yanabaye iya gatandatu muri Shampiona y’abatarengeje imyaka 15, iyi kipe kndi niyo yazamuye abakinnyi nka Dante ukomoka muri Brazil na Gregory Van Byten .

Yagiriwe icyizere cyo kuyobora abana bagenzi be
Yagiriwe icyizere cyo kuyobora abana bagenzi be

Mu kiganiro yagiranye na Kigali today, yatangaje ko yumva afite indoto zo kuba umukinnyi ukomeye, ndetse no kuba yaragizwe Kapiteni ari uko basanze afite ibitekerezo bihamye.

Yagize ati " Twarangije ku mwanya wa 6, nyuma yo kubona ko mfite ibitekerezo bihamye, nkavuga bagenzi banjye bakanyumva kandi bakankunda cyane, baje guhita bangira Kapiteni, n’iyo nakina muri Charleroi mu ikipe nkuru nakumva na byo bimpagije, ariko mfite indoto zo kujya mu Bwongereza"

Hamwe n'abana bakinana muri Sporting Charleroi
Hamwe n’abana bakinana muri Sporting Charleroi
Ngo arashakishwa n'amakipe yo mu Bubiligi, gusa arifuza kujya mu Bwongereza
Ngo arashakishwa n’amakipe yo mu Bubiligi, gusa arifuza kujya mu Bwongereza

Mitsindo Yves yavutse taliki 09 Mutarama 2003, avukira i Rubavu, akaba akina mu kibuga hagati, yahereye mu ikipe yitwa Fc Charleroi yo mu cyiciro cya 3, ahakina umwaka umwe maze iyi kipe yo mu cyiciro cya mbere ihita imushima iramutwara, aho yakinaga bisanzwe mu gace yari atuyemo, maze umwe mu batoza aramubona ahita amubwira ko yaza akagerageza.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

Mbega amahirwe umusore wacu Natere imbere kbx Wenda yakinira amavubi!! murakoze!!

Rugirishema kevin de bruyne yanditse ku itariki ya: 19-08-2018  →  Musubize

Mbega ibyishimo!!!
kigali to day #1.
Amahirwe masa kuriwe

Dushimimana Elie Joh yanditse ku itariki ya: 2-08-2016  →  Musubize

Gufata Indirimbo Zigagara Kobyananiye Nazifata Gute

Nsanzimana Theophile yanditse ku itariki ya: 20-07-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka