Umunyamabanga mukuru wa FERWAFA yashyizweho nta piganwa

Uwamahoro Latifah yashyizwe mu mwanya w’umunyamabanga mukuru w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA), nta piganwa ribaye.

Uwamahoro Latifah wabaye umunyamabanga mukuru wa FERWAFA
Uwamahoro Latifah wabaye umunyamabanga mukuru wa FERWAFA

Yemejwe n’ inteko rusange idasanzwe ya FERWAFA, yateraniye muri Hotel la Palme i Musanze, kuva tariki 17 kugeza 18 Nzeli 2016.

Yashyizweho asimbura Mulindahabi Olivier wahoze muri uwo mwanya, akaza kuvaho akatiwe igifungo cy’amezi atandatu n’ urukiko rw’ibanze rwa Nyarugunga.

Yakatiwe nyuma yo guhamwa n’ icyaha cyo gufata icyemezo gishingiye ku itonesha, ubucuti n’icyenewabo, mu itangwa ry’isoko ryo kubaka Hoteli ya FERWAFA.

Murindahabi wasimbuwe nyuma yo gukatirwa igifungo cy'amezi atandatu
Murindahabi wasimbuwe nyuma yo gukatirwa igifungo cy’amezi atandatu

Nzamwita Vincent Degaule uyobora FERWAFA, yavuze ko uyu munyamabanga yarambagijwe akabonwamo ubushobozi bwo kuyobora, agatoranywa nta piganwa.

Yagize ati “ Amategeko tugenderaho, avuga ko uyu mwanya ushobora gupiganirwa igihe abantu bafite umwanya wo kujonjora, bagatanga ibizami, utsinze agahabwa uyu mwanya.”

Avuga kandi ko ayo mategeko yemerera komite nyobozi gukora ubushakashatsi bwayo, igahitamo ushobora gufata uyu mwanya hatabayeho ipiganwa, akemezwa mu nteko rusange.

Umuyobozi wa FERWAFA, anavuga ko Uwamahoro bamuhisemo, bashingiye ku buhanga bamuziho mu micungire y’abantu n’ibintu (Management), kandi afite n’ icyo azi ku mupira w’amaguru.

Ati “Mu biganiro twagiranye, yatubwiye ko yigeze gukina umupira w’amaguru yiga mu mashuri abanza”.

Nzamwita Vincent Degaule uyobora FERWAFA
Nzamwita Vincent Degaule uyobora FERWAFA

Uwamahoro azakorerwa isuzumwa mu kazi ry’ igihe kingana n’amezi atandatu, nyuma ahabwe amasezerano y’akazi asanzwe.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 14 )

Areba neza nanjye namushyiraho rwose. Niyo yaba atujuje ibyo bisabwa.

Kaberuka yanditse ku itariki ya: 19-09-2016  →  Musubize

Ati “Mu biganiro twagiranye, yatubwiye ko yigeze gukina umupira w’amaguru yiga mu mashuri abanza”. hahahahahahahahhhh, aka kantu kabisa, gatuma amenya byinshi mu mupira w’amaguru wo mu Rwanda

[email protected] yanditse ku itariki ya: 19-09-2016  →  Musubize
  • 1
  • 2

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka