Mu mukino waranzwe n’ishyaka ryinshi kuri aya makipe asanzwe ahanganye muri shampiyona y’igihugu, Rayon Sports bwa mbere mu mateka yayo yabashije gutsinda APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro.
Mu gice cya mbere cy’umukino, Rayon Sports yatangiye isatira cyane APR FC, ndetse no ku munota wa 10 w’umukino, Nshuti Savio Dominique yaje kwinjirana umupira mu rubuga rw’amahina, aza kugwa hasi abafana bari ku kibuga benshi bavuga ko yari penaliti, ariko umusifuzi ntiyayitanga.
Nyuma yo gukomeza guhangana hagati y’abakinnyi ba Rayon Sports na APR FC, Emery Bayisenge yaje guhabwa ikarita y’umuhondo, maze umutoza wa APR FC amaze kubona ko akomeje amakosa ashobora kumuviramo ikarita itukura, afata icyemezo cyo kumusimbuza Benedata Janvier.
Amakipe yabanje mu kibuga
Ababanjemo muri Rayon Sports: Ndayishimiye Eric Bakame, Manzi Thierry, Tubane James,Munezero Fiston,Imanishimwe Emmanuel,Niyonzima Olivier Sefu,Manishimwe Djabel,Nshuti Dominique Savio,Kwizera Pierrot,Mugheni Fabrice, Ismaila Diarra
Ababanjemo muri APR Fc:Kwizera Olivier,Bayisenge Eméry ,Rugwiro Hervé,Ngabo Albert, Rusheshangoga Michel,Mukunzi Yannick, Benedata Janvier, Patrick Sibomana, ,Issa Bigirimana,Bizimana Djihad,Andrew Butera
Ikipe ya Rayon Sports yaje gutsinda igitego mu minota y’inyongera, nyuma y’ishoti rikomeye ryari ritewe na Kwizera Pierrot, umunyezamu Kwizera Olivier yaje kuwukuramo maze Ismaila Diarra ahita awusongamo umunyezamu ntiyabasha kuwufata.
Andi mafoto
Andi mafoto menshi mwayareba AHA
Ibitekerezo ( 20 )
Ohereza igitekerezo
|
Mana ngushimiye ibyo ukoreye Gikundiro(Rayon)
Mana Gushimiye igikombe Cyamahoro uhaye Gikundiro!!!
Imana ishimwe kuba iduhaye ikigikombe Ryon ikomerezaho tuzasohokere igihugu tugiheshe ishema nyabuneka ntitumere nka PER iba star mugihugu gusa dukwiye kugera lure hashoboka
Rayon Ihuye Nimana Wenda Ibibazo Byabo Byagabanyuka.
nababwiye ko uyumwaka rayon icanye kumaso murapinga na championat nuko hajemo kuvangirwa na mukeba ashyiramo za ruswa naho nayo yari kuyitwara.
Rayon oyeeeeeeee turabakosoye
Habwa icyubahiro Mana, Rayon ndakwemera cyane
ndihanganisha abafana ba APR FC Bose tuzatwara icya championa