Yannick Mukunzi na Rutanga Eric barekuwe nyuma yo gutanga amakuru ku mutoza wabo Karekezi

Polisi y’igihugu ibicishije ku rubuga rwayo rwa Twitter, yatangaje ko abakinnyi Mukunzi Yannick na Rutanga Eric bakinira ikipe ya Rayons Sport nta cyaha bakurikiranweho bamaze no kurekurwa bagataha, nyuma yo kubazwa amakuru ajyanye n’ibyaha uwari umutoza wabo Karekezi Olivier akurikiranyweho.

Yannnick Mukunzi na Rutanga Eric barekuwe nyuma yo gutanga amakuru ku mutoza wabo Karekezi
Yannnick Mukunzi na Rutanga Eric barekuwe nyuma yo gutanga amakuru ku mutoza wabo Karekezi

Yabitangaje ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere, nyuma y’uko hari hiriwe amakuru avuga ko aba bakinnyi batawe muri yombi, bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano n’ibyo umutoza wabo akurikiranweho.

Abo bakinnyi bari bafashwe n’ubugenzacyaha mu ijoro ryo kuri iki cyumweru, nyuma y’umukino bari bamaze kunganyamo n’ikipe ya Mukura.

Karekezi Olivier yatawe muri yombi mu cyumweru gishinze, akekwaho ibyaha yakoze yifashishije umurongo wa interineti.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 4 )

none se kuki batabahamagaye bukeye bamaze kuruhuka ahubwo babagwa gitumo bakinaniwe bavuye mu mukino. Ibi sinibaza niba biri professionnel kweli kandi muvuga ngo ni ugufasha ipererezA. NTIBAHAMAGAWE NGO BANGE KWITABA IKINDI KANDI NTIBARI GUHUNGA IGIHUGU KANDI NTA CYAHA

MATOVU yanditse ku itariki ya: 21-11-2017  →  Musubize

Ase ko turikumva ngo barekuwe bakurikiranwagaho ikihe cyaha? Cyangwa barangije iperereza? Mutubwire

Ms ngenzi yanditse ku itariki ya: 11-03-2018  →  Musubize

ni byiza kuba barekuwe twari twagize ubwoba,,,

harerimana vedaste yanditse ku itariki ya: 20-11-2017  →  Musubize

polisi nibikurikirane neza

jmv yanditse ku itariki ya: 20-11-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka