Nyuma y’iminsi mike agizwe umutoza w’Amavubi, Umudage Antoine Hey amaze iminsi areba imikino itandukanye ya Shampiona y’u Rwanda, aho agenda areba abakinnyi ashobora kuzahamagara.
Kugeza ubu amakuru agera kuri Kigali Today ni uko Antoine Hey agiye guhamagara abakinnyi 42 bakamara iminsi ibiri bakora igeragezwa rijyanye no gusuzuma urwego rw’imbaraga z’aba bakinnyi kuva taliki ya 04 Gicurasi.
Nyuma hakazakurikiraho gutoranya muri abo bakinnyi abazahamagarwa bagatangira kwitegura imikino mpuzamahanga u Rwanda rufite guhera muri Kamena 2016 harimo gushaka itike ya CHAN ndetse n’igikombe cy’Afurika (CAN).
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|