Rayon yandagaje Wau Salaam, APR iranganya mu mikino mpuzamahanga

Ikipe ya Rayon Sports yatsindiye Wau Salaam Fc muri Sudan, APR inganya na Zanaco Fc yo muri Zambia.

Kuri uyu wa Gatandatu ni bwo amakipe ahagarariye u Rwanda mu marushanwa y’Afurika yakinaga imikino yayo ya mbere, birangira zose zitwaye neza kuko nta n’imwe yatsinzwe.

Rayon Sports yandagaje Wau Salaam iwayo
Rayon Sports yandagaje Wau Salaam iwayo

Rayon yanyagiye Wau Salaam iyisanze iwayo

Iyi kipe ya Rayon Sports nyuma yo kurangiza igice cya mbere ari 0-0, mu gice cya kabiri ikipe ya Rayon Sports yaje kunyagira ikipe ya Wau Salaam Fc ibitego 4-0, aho icya mbere cyatsinzwe na Nshuti Savio Dominique, icya kabiri gitsindwa na Kwizera Pierrot, icya gatatu gitsindwa na Nova Bayama, naho icya kane gitsindwa na Moussa Camara.

.

Rayon Sports yabanje kwakirwa n'ingabo z'u Rwanda zicunga amahoro muri Sudani y'Amajyepfo
Rayon Sports yabanje kwakirwa n’ingabo z’u Rwanda zicunga amahoro muri Sudani y’Amajyepfo
Rayon Sports yashyigikiwe cyane n'ingabo z'u Rwanda i Juba
Rayon Sports yashyigikiwe cyane n’ingabo z’u Rwanda i Juba

Abakinnyi Rayon Sports yabanje mu kibuga:

Rayon Sports yabanje mu kibuga
Rayon Sports yabanje mu kibuga

Ndayishimiye Eric Bakame, Manzi Thierry, Sibomana Abouba, Mutsinzi Ange, Mugabo Gabriel, Mugisha François Master, Mugheni Fabrice, Nshuti Savio Dominique, Nova Bayama, Kwizera Pierrot, Moussa Camara.

Rayon Sports mbere y'umukino
Rayon Sports mbere y’umukino

APR Fc yihagazeho, inganyiriza hanze.

APR mu mukino yanganyijemo na Zanaco yo muri Zambia
APR mu mukino yanganyijemo na Zanaco yo muri Zambia

Mu mukino w’igikombe gihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo, APR Fc ihagarariye u Rwanda yabashike kunganya na Zanaco United yo muri Zambia, aho amakipe yombi yarangije umukino anganya 0-0.

Abakinnyi APR yabanje mu kibuga:

APR Fc yabanje mu kibuga, inanganyiriza hanze
APR Fc yabanje mu kibuga, inanganyiriza hanze

Eméry Mvuyekure, Nsabimana Aimable, Hervé Rugwiro, Imanishimwe Emmanuel, Rusheshangoga Michel, Imran Nshimiyimana, Benedata Janvier, Yannick Mukunzi, Djihad Bizimana , Sibomana Patrick na Issa Bigirimana.

Biteganyijwe ko imikino yombi yo kwishyura izabera i Kigali kuri Stade Amahoro mu mpera z’icyumweru gitaha.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 9 )

APR turagushyigikiye kuwa gatandatu

kanani jean d’amour yanditse ku itariki ya: 15-02-2017  →  Musubize

tunejejwe ninsinzi

theo yanditse ku itariki ya: 12-02-2017  →  Musubize

Gikundiro oyeeee!! i Rubavu turagushyigikiye songa mbele

David yanditse ku itariki ya: 12-02-2017  →  Musubize

Rayon Ndayishyigikiye Nzayigwa Inyuma Kbs.

Alias yanditse ku itariki ya: 12-02-2017  →  Musubize

Nanjye Nishimiye Insinzi Ya Rayonsport.

Nundimana Erias yanditse ku itariki ya: 12-02-2017  →  Musubize

Bravo Rayonnnn!! Big up!!!

Isaïe yanditse ku itariki ya: 12-02-2017  →  Musubize

rayon yitwaye neza!@riko yashije ikibonobono

bamporiki assiel yanditse ku itariki ya: 12-02-2017  →  Musubize

Rayon sport oyeeeeeeeee,ndayikunda kdi bakozeee,nndisshimye cyaneeeee

Aline yanditse ku itariki ya: 11-02-2017  →  Musubize

Rayon ihora ari iya mbere. Ni ubwa mbere ikipe yo mu Rwanda itsindira hanze ibitego 4 - 0. Rayons songa mbele.

dfh yanditse ku itariki ya: 11-02-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka