Rayon Sports yanyagiye Amagaju, APR itsinda Marines

Ku munsi wa 29 wa Shampiona y’icyiciro cya mbere, APR yatsinze Marines 1-0 i Rubavu, naho Rayon Sports inyagira Amagaju ibitego 6-0

Mu gihe habura umunsi umwe ngo Shampiona y’icyiciro cya mbere irangire, APR Fc irakoza imitwe y’intoki ku gikombe nyuma yo gutsindira Marines i Rubavu igitego kimwe cyatsinzwe na Sibomana Patrick.

Mu mukino wasoje iyindi wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, ikipe ya Rayon Sports yatsinze Amagaju biyoroheye, aho yayitsinze ibitego 6-0.

Rayon Sports yasubiye ku mwanya wa kabiri
Rayon Sports yasubiye ku mwanya wa kabiri

Igitego cya mbere cya Rayon Sports cyatsinzwe na Irambona Eric, icya kabiri gitsindwa na Manishimwe Djabel nyuma yo gucenga ba myugariro b’Amagaju, icya gatatu umuhungu wa Beckeni witwa Bizimana Rahamatullah.

Rayon Sports yaje gutsinda igitego cya kane cyatsinzwe na Manzi Thierry n’umutwe, nyuma ya koruneri yari itewe na Manishimwe Djabel, maze umupira wenda kurangira Davis Kasirye yaje gutsinda igitego cya gatanu, mu gihe Nshuti Dominique Savio yaje gutsinda icya 6 ku mupira yari ahawe na Nsengiyumva Moustapha.

Uko imikino y’umunsi wa 29 yagenze

Bugesera FC 2-1 AS Muhanga
Gicumbi FC 0-3 SC Kiyovu
AS Kigali 0-2 Police FC
Sunrise FC 1-1 Espoir FC
Marines 0-1 APR FC
Rayon Sports 6 Amagaju 0
Musanze FC 0-0 Rwamagana City FC

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 17 )

abarayon mugire courage

clementine yanditse ku itariki ya: 15-06-2016  →  Musubize

Rayon ubwo ejo izatsindwa

manzi yanditse ku itariki ya: 15-06-2016  →  Musubize

Aper ijye yirira utwayo hakiri kare naho ibyogusohoka ntigere kure ntacyo bitwaye!

felix yanditse ku itariki ya: 15-06-2016  →  Musubize

ikipe n’Iyimana igikona kizahora gisohoka ntikirenge akarere

Bencha yanditse ku itariki ya: 15-06-2016  →  Musubize

ABO BASORE BA RAYON NIBAKOMEREZAHO

rivald yanditse ku itariki ya: 15-06-2016  →  Musubize
  • 1
  • 2

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka