Ikipe ya Rayon Sports ntiyorohewe n’urugendo rwo kuva Lagos berekeza muri Leta ya Rivers aho bazakinira, nyuma y’aho abakinnyi 10 gusa aribo bahise babona uko bagenda
Amakuru dukesha umunyamakuru wa Radio 10 uri mu gihugu cya Nigeira, aravuga ko abantu 20 bari muri delegation ya Rayon Sports kugeza bamaze amasaha 4 bategereje indege ibajyana muri Leta ya Rivers aho bazakinira kuri iki cyumweru, mu gihe abakinnyi 10 aribo gusa babonye indege iberekeza muri uwo mujyi uzaberamo umukino.
Byari biteganyijwe ko abantu 30 barimo abakinnyi, abayobozi n’abanyamakuru bajyanye na Rayon Sports bagera Lagos bagahita bakomeza, gusa ntibyaje kubakundira kuko habaye ikibazo cy’indege cyatumye bose badakomeza, ikibazo cyatewe na Kompanyi y’indege yagombaga kubavana Lagos.
N’ubwo byabanje kugorana ikipe ya Rayon Sports yabanje kugorwa ubwo yageraga Lagos muri Nigeria, ubu ikipe yamaze gusesekara mu mujyi izakiniramo, ndetse ikaba ifite icyizere cyo kuzahesha ishema u Rwanda.
Ibitekerezo ( 17 )
Ohereza igitekerezo
|
Nyagasani tugushimiye ko watugereje amahoro Equipe dukunda muri Nigeria,Abanyarwanda twese turayifurinza insizi no guhesha ishema igihugu cyacu mu ruhando mpuzamahanga,Rayon sport yacu turagukunda amahirwe masa!
Twizere ko iyo kompanyi yakerereje abakinnyi 20 ba Rayons Sport bahagariye u Rwanda izabashumbusha, ikabaha indishyi y’akababaro nk’uko bikwiye, kuko byaba binyuranyije n’amtegeko.
Ndibaza niba aba bakinnyi bazabona umwanya uhagije wo kuruhuka mbere yo gukina?
Ibyo alibyo byose, courage Rayons, make Rwanda proud of his sons. We love you!
Mana weee!!idufashe bagereyo amaaahoro
Rayon naraye nkuroteye neza ubatsinda 2-0 tukuri inyuma kdi courage iyo nsinzi uyizane