Onze Createurs ije gukina na Rayon Sports yageze i Kigali

Ikipe ya Onze Createurs yo muri Mali yamaze kugera I Kigali aho ije gukina na Rayon Sports mu mukino wo kwishyura mu rwego rw’amakipe yatwaye ibikombe iwayo(Caf Confederation Cup).

Onze Createurs ije gukina na Rayon Sports
Onze Createurs ije gukina na Rayon Sports

Iyi kipe yageze ku kibuga cy’indege I Kanombe ahagana mu masaha ya sa cyenda n’igice aho ije kwishyura Rayon Sports yari yatsindiye iwabo 1-0.

Umukino wo kwishyura uteganyijwe kuri Stade Amahoro I Remera kuri uyu wa 18 werurwe 2017 I saa cyenda n’igice z’amanywa.

Umutoza w’iyi kipe Djibril Drame akigera I Kigali yavuze ko ikipe ye ije yiteguye neza ku buryo ije gushaka intsinzi, ariko akanavuga ko umukino uzaba ukomeye kuko ngo Rayon Sports mu mukino ubanza yabagoye cyane.

Yagize ati”Tuje twariteguye dushyize umutima ku mukino.
Nk’uko mubizi umutoza wese aba ashaka intsinzi natwe tuje guhagarara ku ishema ry’ikipe y’I Bamako (Onze Createurs de Bamako).”

Onze Createurs yageze i Kigali
Onze Createurs yageze i Kigali

Yakomeje agira ati “Umukino utazaba woroshye kuko Rayon Sport twabonye ari ikipe nziza ifite ubushake bwo gukina,ikipe nkuru yaduteje ibibazo mu mukino ubanza.

Ariko tuzagerageza kureba uko twakigobotora mu ngorane yazaduteza ku buryo twakomeza mu kindi cyiciro.”

Uyu mutoza yakomeje abwira Kigali Today ko ikibuga cya Stade Amahoro bazakiniraho ari kimwe mu bizabagora aho yavuze ko ari ikibuga batazi neza kandi ngo nta n’umwanya uhagije bazabona wo kukitoreza ho.

Djibril Drame umutozi w'ikipe ya Mali Onze Createurs
Djibril Drame umutozi w’ikipe ya Mali Onze Createurs

Ikipe izakomeza hagati ya Rayon Sports na Onze Createurs, iziyongera ku zindi 15 zitwaye neza muri iyi mikino uko ari 16, nazo ziyongere ku zindi 16 zasezerewe mu mikino y’amakipe yatwaye ibikombe iwayo(Caf Champions League).

Aya makipe 16 azahura hagati yayo, azarokoka akaba ariyo azashyirwa mu matsinda 4 yo guhatanira igikombe.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 8 )

rayonTuzatsinda onze createur ikigali.

FILS yanditse ku itariki ya: 17-03-2017  →  Musubize

Rayon tuyirinyuma dufite amahirwe doreko mali ya hagaritswe na fifa mu mikino ya caf tuzabikora.

FILS yanditse ku itariki ya: 17-03-2017  →  Musubize

ikipe yacu tuyiri inyuma ,100% abavuga nibivugire , ibyabo biracika babona !!! ngo barafasha abandi, uy’umwaka bashyire agapira hasi. batazagayika imbere y’amahanga. oh Rayon Turi imbere

Ildephonse B. yanditse ku itariki ya: 16-03-2017  →  Musubize

Rayon yacu tuyiri inyuma kandi izabikora: 3-1

kakonge yanditse ku itariki ya: 16-03-2017  →  Musubize

tubali inyuma kandi Rayon ntibatere ubwoba.ndabasabye mubankubitire yamashoti yanyu ,ahasigaye murebe ukuntu mutahana muli Mali intsinzi
muratsinda Rayon 2/1

mahoro yanditse ku itariki ya: 16-03-2017  →  Musubize

Turaje tubabaze onze creatr nabafana bayo bose nabandi bayiyunzeho bose turashira mwigura duhondere hamwe rayon 3/1

Alas insinzi yanditse ku itariki ya: 16-03-2017  →  Musubize

tubali inyuma kandi Rayon ntibatere ubwoba.ndabasabye mubankubitire yamashoti yanyu ,ahasigaye murebe ukuntu mutahana muli Mali intsinzi
muratsinda Rayon 2/1

mahoro yanditse ku itariki ya: 16-03-2017  →  Musubize

Ioooooohhhhh, iioooooohhh ,iiiooohhhhhh, nimwirukane umuvugizi muvane ibyaho

MWANANZAMBE yanditse ku itariki ya: 16-03-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka