Ntabwo nigeze nsinyira Rayon, barangurije kandi nzabishyura-Muhire Kevin

Muhire Kevin usanzwe ukinira Rayon Sports aratangaza ko atigeze yongera amasezerano n’iyo kipe, ko ahubwo bamugurije amafaranga yiteguye kwishyura vuba.

Nyuma y’iminsi atagaragara mu myitozo y’ikipe ya Rayon Sports, aho bivugwa ko yitegura kwerekeza mu gihugu cya Maroc, Muhire Kevin ari kwikorera imyitozo isanzwe i Gikondo, mu gihe agitegereje ibyangombwa ngo ajye muri Maroc.

Mu kiganiro yagiranye na Radio Salus, yayitangarije ko impamvu adakorana imyitozo na Rayon Sports ari uko nta masezerano bafitanye ari yo mpamvu nta gikorwa na kimwe cyayo yemerewe kwitabira.

Yagize ati "Centre ya Gikondo ni yo kipe imfiteho uburenganzira kugeza ubu, amasezerano na Rayon Sports yararangiye, byavugaga ko niba amasezerano ya mbere arangiye igomba gusubira muri centre bagakorana andi masezerano, mu gihe batarasubirayo bivuga ko nta gikorwa cya Rayon Sports ngomba kwitabira"

Muhire Kevin usanzwe ukina hagati mu ikipe ya Rayon Sports
Muhire Kevin usanzwe ukina hagati mu ikipe ya Rayon Sports

Muhire Kevin avuga ko yagurijwe, gusa ngo ntazabambura azabishyura neza

"Ni nk’aho bangurije, abayobozi ba Rayon barampagaye ngira ngo ni kwa kundi umuyobozi asangira n’umukinnyi we, narahageze bahita bantungura ngo mbasinyire amasezerano, naho ubundi ni nk’amafaranga bangurije angana na Milioni 4.5 Frws"

"Nabifashe nk’amafaranga bangurije kandi nteganya no kuyabasubiza vuba, gahunda zanjye nizicamo nta kuntu nagenda ntayabasubije, mu kwa mbere ni bwo isoko ryo kugura abakinnyi rifungura, nzagenda narayabahaye" Muhire Kevin aganira na Kigali Today

Ibiganiro n’ikipe ya Maroc ngo byararangiye, ubu yiteguye kugenda

"Ibiganiro byagenze neza, vuba nibishoboka ndagenda, byose byararangiye, igisigaye ni Viza kandi nayo iri hafi gusohoka, Rayon Sports hari ibyo itubahirije mu masezerano yanjye, yari yagiranye amasezerano na Centre yanjye mu myaka ibiri ishize aza kurangira"

Muhire Kevin (ubanza ibumoso) mu irushanwa Agaciro ryateguraga Shampiyona yari muri Rayon Sports
Muhire Kevin (ubanza ibumoso) mu irushanwa Agaciro ryateguraga Shampiyona yari muri Rayon Sports

Muhire Kevin waje mu ikipe ya Rayon Sports avuye mu Isonga FC aho yayisnyiye imyaka ibiri, ubuyobozi bwa Rayon Sports bwo buvuga ko yari yarongereye amasezerano y’indi myaka ibiri, ubu bikaba bivugwa ko azerekeza mu ikipe ya Maroc aho yazamara amezi atatu mu igeragezwa, yakwitwara neza akayisinyira mu kwezi kwa mbere

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 16 )

Ariko uyu musore( ni umusore, ntabwo ari umwana kuko imyaka 20 afite ni iyabantu bakuru bo kwifatira icyemezo, ntabwo ari iyo gusinya uhagarikiwe) ngewe nibaza ko afite akabazo mumutwe: (1) Muribuka mbere yo kujya muri rayon sport ava mu isonga ajya hariya akarahira akavuga ngo APR FC ntakipe irimo ngo ntacyabaho cyatuma ayisinyira. (2) Yasinyiye rayon sport avuga ko yakuze adakeneye abamufasha gusinya, yewe yakoze imyitozo yarayikiniye none birangiye ahinduye ururimi, yewe uretse ko ibye bitarasobanuka ngo license ye itangwa na Ferwafa yaba yaranabonetse. So, nyamara uyu mutype yasuzumwa pe

karenzi yanditse ku itariki ya: 11-10-2017  →  Musubize

Ariko uyu mwana ngo ni Kevin ashatse yakwitonda aracyari muto atica ahazazahe mumupira;none se barakugurije iriya ni bank?ahubwo niba hari indi equipe ikwifuza wanyura munzira nziza impande zombi zikumvikana ntiwihakane abo mufitanye amasezerano.

Erickson yanditse ku itariki ya: 10-10-2017  →  Musubize

Contra arayifite?barangurije?

Mousad yanditse ku itariki ya: 11-10-2017  →  Musubize
  • 1
  • 2

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka