Mayor Murenzi Abdallah yagarutse muri Komite nshya ya Rayon Sports

Murenzi Abdallah wahoze ayobora ikipe ya Rayon Sports yagaruwe muri Komite ya Rayon Sports nk’umujyanama wa Perezida w’iyi kipe

Nyuma y’aho ikipe ya Rayon Sports itoreye komite nshya igomba kuyoborwa na PaulMuvunyi, akungirizwa na Gacinya Denis wari usanzwe ayobora iyi kipe, kugeza ubu iyi kipe yari imaze iminsi muri gahunda yo gushyiraho andi makomisiyo agomba kunganira iyi komite.

Kugeza ubu amakuru agera kuri Kigali Today ni uko uwahoze ari Perezida w’iyi kipe wanakundwaga n’abakunzi ba Rayon Sports, ni uko ubu yagizwe umujyanama wa hafi wa Perezida w’iyi kipe.

Murenzi Abdallah wayoboraga Rayon Sports ubwo yegukanaga igikombe cya 2014
Murenzi Abdallah wayoboraga Rayon Sports ubwo yegukanaga igikombe cya 2014

Mu bandi bashyizwe muri iyi komite harimo Gakwaya Olivier wahoze ari Umunyamabanga, ubu akaba yagizwe Umuvugizi wa Rayon Sports,akanabarizwa muri Komisiyo y’itumanaho,itangazamakuru no gutsura umubano.

Gusa ariko,kugeza ubu izi komisiyo biteganyijwe ko zizemezwa bidasubirwaho mu minsi mike iri imbere, mbere y’uko Shampiona isubukurwa nyuma y’umukino w’Amavubi na Ethiopia.

Murenzi Abdallah n'ubwo atari akiri muri Rayon Sports ariko yahoraga hafi y'ikipe
Murenzi Abdallah n’ubwo atari akiri muri Rayon Sports ariko yahoraga hafi y’ikipe

Komite Nyobozi

Perezida: Muvunyi Paul
Visi/Perezida:Gacinya Chance Denys
Umuyobozi mukuru: Muhirwa Prosper
Umuyobozi ushinzwe ibikorwa: Itangishaka Bernard

Abagize izindi Komisiyo

Komisiyo y’Umutungo: Muhire Jean Paul(Umuyobozi w’umutungo)

Patrick Rukundo (Ushinzwe ubucuruzi)
Uwimana Jeannine (Ushinzwe ibikoresho)
Nshimiyimana Emmanuel

Imibanire n’itumanaho

Gakwaya Olivier (Umuvugizi)
Olivier Ndahiro (Ushinzwe itangazamakuru)

Ubucuruzi no gutegura ibikorwa

Mignonne
Paul Ndorimana
Minani Oreste

Amategeko n’imyitwarire

Maitre Michel
Nkurunziza Jean Louis
Consolatrice

Komisiyo y’iterambere rya Siporo, kugura abakinnyi n’amarushanwa

Martin Rutagambwa
Mudaheranwa Shaffy
Muramba Pascal
Ntawiniga Desire

Komisiyo y’abafana n’umutekano

Claude Muahawenimana
Muyango
Murego Philemon
David
Suede
Harerimana Francois
Munana Rene Rooney
Fidela Barahira

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

nibyizagushyiraho commite .gusa ndabasaba gushyira imbere inyungu zikipe bityo bagatahiriza umugozumwe .nibwo ekipe yacu izagera ahotwifuza hose.kd batwe abafana tubari inyuma.bayobozi bareyo .mumenyeneza ko mufite vola muntoki twe na bakinnyi turabagenzi bari muriyo modoka.please muzadutware neza tugere aho dushaka kugera. imana izabibafashemo

jeandamour Ahorukomeye yanditse ku itariki ya: 9-11-2017  →  Musubize

Kabisa iyi komite iratyaye Abdallah wacu yagarutse gahunda nukujya mu matsinda kuko mu Rwanda ntawe duhanganye gusa kereka nuwamugarura akongera akaba Mayor was Nyanza.

Jerome Nshimiyimana yanditse ku itariki ya: 9-11-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka