Uyu mugabo ufite imyaka 36 y’amavuko agira ati” Ubu maze kumenya uko umutoza ategura imyitozo itandukanye ku minsi itandukanye, kandi maze kumenya icyo umukinnyi akeneye mu kibuga.
Ikindi maze kunguka ni ukumenya igihe umukinnyi ahindurirwa umwanya cyangwa agasimbuzwa iyo ibyo wapanze byanze n’ibindi byinshi, kandi nizeye ko nkiri kumwe na bo nzagera kure muri uyu mwuga.”
Nshutinamagara Ismael Kodo yabonye impamyabushobozi yo ku rwego rwa D (Licence D) mu kwezi kwa Werurwe 2017.
Yakiniye amakipe akomeye mu Rwanda arimo Marines, Kiyovu, Atraco yaje gusenyuka, APR yanamazemo igihe kinini bagatwarana n’ibikombe bitandukanye ndetse na As Kigali atoza ubu.
Muri gahunda afite ngo arifuza gutoza ku rwego rwo hejuru, ku buryo yatoza ikipe ikomeye mu Rwanda ndetse byanashoboka akaba yanatoza ikipe y’igihugu Amavubi.
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|