Imbere y’abafana bayo, ikipe ya Bugesera itsinzwe na APR Fc, mu mukino wagaragayemo guhangana cyane mu kibuga.
Imbere y’abafana bayo, ikipe ya Bugesera itsinzwe na APR Fc, mu mukino wagaragayemo guhangana cyane mu kibuga.
Ikipe ya APR Fc ni yo yafunguye amazamu mu gice cya mbere, nyuma y’aho Muhire Anicet uzwi nka Gasongo yari akoreye ikosa Nshuti Innocent mu rubuga rw’amahina, Gasongo ahabwa ikarita y’umutuku, maze Djihad Bizimana ahita ayinjiza neza.
Umutoza Kanyankore wa Bugesera yaje guhita akuramo Iradukunda Bertrand maze yinjizamo Rucogoza Aimable Mambo, igice cya mbere kiza kurangira bikiri igitego 1-0.

Mu gice cya kabiri cy’umukino, Jimmy Mulisa yakuyemo Sibomana Patrick yinjizamo Issa Bigirimana ngo akomeze ubusatirizi.
Ikipe ya APR Fc yaje gutsinda igitego cya kabiri ku munota wa 54 w’umukino gitsinzwe na Nshuti Innoent ku mupira yari ahawe neza na Bizimana Djihad, umukino urangira ari ibitego 2-0.


Mu wundi mukino wabereye i Nyamagabe, ikipe y’Amagaju yanganyije na As Kigali igitego 1-1, ibitego byatsinzwe na Rodrigue Murengezi ku ruhande rwa As Kigali, naho Bizimana Noël atsindira Amagaju.
Abakinnyi babanje mu kibuga:
Bugesera: Kwizera Olivier,Uwacu Jean Bosco,Mugabo Ismael, Turatsinze Hertier, Muhire Anicet(Gasongo), Nzabanita David, Iradukunda Bertrand, Bigirimana Shaban, Ikecukwu Samson, Ssentongo Faruk, Guindo Abdallah

APR FC: Kimenyi Yves, Ngabo Albert, Rusheshangoga Michel, Imanishimwe Emmanuel, Nsabimana Aimable, Mukunzi Yannick, Nshimiyimana Imran, Bizimana Djihad, Hakizimana Muhadjili, Sibomana Patrikc Nshuti Innocent

Amafoto kuri uyu mukino










Amafoto: Sesonga Junior
National Football League
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|