Nyuma y’iminsi ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ritegereje ibaruwa ya CAF yemeza niba ruzakina umukino wa kamarampaka na Ethiopia, ubu byamaze kwemezwa na CAF ko u Rwanda na Ethiopia mu mukino wo gushaka itike yo kwerekeza muri CHAN.
Aya makipe yombi, byemejwe ko azakina imikino ibiri, uwa mbere ukazaba tariki 05/11/2017 muri Ethiopia, uwa kabiri ukazabera i Kigali tariki 12/11/2017, maze izatsinda ikazahita ibona itike yo kujya muri CHAN isimbuye Kenya yagombaga kwakira aya marushanwa ariko ikabyamburwa kubera ibibazo by’umutekano.
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|